Muhanga , Kuwa 06 Gicurasi 2021
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa rufite ibikorwa by’umusaruro bitandukanye kuri buri Gereza, birimo ubuhinzi, ubworozi, ubukorikori, ububaji, ubudozi, inganda zikora amasabune, amasafuriya, n’ibindi bikaba bigira uruhare mu mibereho myiza y’imfungwa n’abagororwa.
SGT BIMENYIMANA Fidele wungirije ushinzwe ibikorwa by’umusaruro kuri Gereza ya Muhanga, avuga ko kuri iyo Gereza habarizwa ubworozi bw’amatungo magufi n’amaremare, ubuhinzi, n’ububumbyi bw’amatafari.
Yagize ati “Hano kuri iyi Gereza tworora ingurube za kijyambere zizwiho kororoka vuba, ubworozi bw’inka za Kijyambere zitanga umukamo mwinshi, na ho mu buhinzi dukunda guhinga ibishyimbo, ibigori, n’imboga-rwatsi zitandukanye.”
SGT BIMENYIMANA Fidele yakomeje avuga ko ibyo bikorwa bifitiye akamaro kanini Imfungwa n’abagororwa by’umwihariko nka Gereza igororerwamo abagore, kuko ababyeyi batwite, abonsa, n’abana bakibana n’ababyeyi muri Gereza bagenerwa inyunganiramirere nk’amata, imboga na sosoma.
Muri rusange, ibikorwa by’umusaruro bifasha abagororwa bose cyane cyane nk’ubuhinzi bw’imboga, kuko bazitekerwa mu mafunguro yabo ya buri munsi, kandi ku barwayi n’abafite intege nke, bahabwa amata kugira ngo ubuzima bwabo bukomeze kumera neza.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.