Muhanga , Kuwa 06 Gicurasi 2021
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’abagororwa rufite ibikorwa by’umusaruro bitandukanye kuri buri Gereza, birimo ubuhinzi, ubworozi, ubukorikori, ububaji, ubudozi, inganda zikora amasabune, amasafuriya, n’ibindi bikaba bigira uruhare mu mibereho myiza y’imfungwa n’abagororwa.
SGT BIMENYIMANA Fidele wungirije ushinzwe ibikorwa by’umusaruro kuri Gereza ya Muhanga, avuga ko kuri iyo Gereza habarizwa ubworozi bw’amatungo magufi n’amaremare, ubuhinzi, n’ububumbyi bw’amatafari.
Yagize ati “Hano kuri iyi Gereza tworora ingurube za kijyambere zizwiho kororoka vuba, ubworozi bw’inka za Kijyambere zitanga umukamo mwinshi, na ho mu buhinzi dukunda guhinga ibishyimbo, ibigori, n’imboga-rwatsi zitandukanye.”
SGT BIMENYIMANA Fidele yakomeje avuga ko ibyo bikorwa bifitiye akamaro kanini Imfungwa n’abagororwa by’umwihariko nka Gereza igororerwamo abagore, kuko ababyeyi batwite, abonsa, n’abana bakibana n’ababyeyi muri Gereza bagenerwa inyunganiramirere nk’amata, imboga na sosoma.
Muri rusange, ibikorwa by’umusaruro bifasha abagororwa bose cyane cyane nk’ubuhinzi bw’imboga, kuko bazitekerwa mu mafunguro yabo ya buri munsi, kandi ku barwayi n’abafite intege nke, bahabwa amata kugira ngo ubuzima bwabo bukomeze kumera neza.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.