Categories: Amakuru ya RCS

CGP George Rwigamba yasuye abatigiste abasaba kurangwa n’imyitwarire myiza.

Ubwo yasuraga ingando y’abatijiste iri mu murenge wa Mageragere mu karere ka Nyarugenge, Komiseri Mukuru wa RCS CGP George Rwigamba yashishikarije abagororwa bakora imirimo nsimburagifungo kurangwa n’imyifatire myiza kugirango imirimo nsimburagifungo bakora igende neza.  Komiseri Mukuru wa RCS yibukije kandi abatijiste ko inshingano yabo ya mbere ari ibikorwa by’injiza umusaruro, abashimira uburyo bakora batiganda, maze abizeza ko uzajya urangiza igihano cye azajya ahita ataha, kuko nta mpamvu umuntu yatinda gutaha kandi yararangije igihano cye.

CGP George Rwigamba yabwiye abagororwa barimo gukora imirimo nsimburagifungo mu murenge wa Mageragere ko leta ikora ibishoboka byose kugirango urangiza imirimo nsimburagifungo ajye ataha yarahindutse ku buryo  atazongera gukora ibyaha byatuma afungwa ibyo kugirango bigerweho ni uko bagomba kujya bakurikizwa inama bagirwa igihe barimo kurangiza ibihano bakora imirimo nsimburagifungo. Ibikorwa n’abatijiste bo murenge wa Mageragere ni ubuhinzi bw’ibigori ndetse n’ibishyimbo. Abari muri iyi ngando ya Mageragere ni nabo basije ikibanza kirimo kubakwamo gereza ya Mageragere izimukiramo imfungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Nyarugenge.

 Imirimo yo kubaka gereza ya Mageragere bikorwa mu byiciro. Ikiciro cya kabiri kigzweho  ubu imirimo igeze ku kigereranyo cya 70% kugirango kirangire. Iki kiciro cya kabiri nikirangira kubakwa, abagororwa n’imfungwa bo muri gereza ya Nyarugenge niya Gasabo bazahita bimurirwa muri iyi gereza nshya yubakwa mu murenge wa Mageragere . CGP George Rwigamba asura ibikorwa bya RCS biri mu murenge wa Mageragere yari kumwe n’umuyobozi ushinzwe ishami ry’umusaruro muri RCS ACP Peter Kagarama

rcspet

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.