Categories: Amakuru ya RCS

CGP George Rwigamba yasuye abatigiste abasaba kurangwa n’imyitwarire myiza.

Ubwo yasuraga ingando y’abatijiste iri mu murenge wa Mageragere mu karere ka Nyarugenge, Komiseri Mukuru wa RCS CGP George Rwigamba yashishikarije abagororwa bakora imirimo nsimburagifungo kurangwa n’imyifatire myiza kugirango imirimo nsimburagifungo bakora igende neza.  Komiseri Mukuru wa RCS yibukije kandi abatijiste ko inshingano yabo ya mbere ari ibikorwa by’injiza umusaruro, abashimira uburyo bakora batiganda, maze abizeza ko uzajya urangiza igihano cye azajya ahita ataha, kuko nta mpamvu umuntu yatinda gutaha kandi yararangije igihano cye.

CGP George Rwigamba yabwiye abagororwa barimo gukora imirimo nsimburagifungo mu murenge wa Mageragere ko leta ikora ibishoboka byose kugirango urangiza imirimo nsimburagifungo ajye ataha yarahindutse ku buryo  atazongera gukora ibyaha byatuma afungwa ibyo kugirango bigerweho ni uko bagomba kujya bakurikizwa inama bagirwa igihe barimo kurangiza ibihano bakora imirimo nsimburagifungo. Ibikorwa n’abatijiste bo murenge wa Mageragere ni ubuhinzi bw’ibigori ndetse n’ibishyimbo. Abari muri iyi ngando ya Mageragere ni nabo basije ikibanza kirimo kubakwamo gereza ya Mageragere izimukiramo imfungwa n’abagororwa bo muri gereza ya Nyarugenge.

 Imirimo yo kubaka gereza ya Mageragere bikorwa mu byiciro. Ikiciro cya kabiri kigzweho  ubu imirimo igeze ku kigereranyo cya 70% kugirango kirangire. Iki kiciro cya kabiri nikirangira kubakwa, abagororwa n’imfungwa bo muri gereza ya Nyarugenge niya Gasabo bazahita bimurirwa muri iyi gereza nshya yubakwa mu murenge wa Mageragere . CGP George Rwigamba asura ibikorwa bya RCS biri mu murenge wa Mageragere yari kumwe n’umuyobozi ushinzwe ishami ry’umusaruro muri RCS ACP Peter Kagarama

rcspet

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.