Categories: Amakuru ya RCSSlider

CGP Evariste Murenzi, ari muruzinduko mu Bwami bwa Eswatini kubutumire bwa mugenzi we

Muri urwo ruzinduko rw’akazi, yahuriyemo n’abandi bayobozi bashinzwe serivise z’amagereza no kugorora bo mu bihugu birimo Zambia, Mozambique, Botswana, Zimbabwe, Namibia, Afurika y’Epfo, Kenya,Uganda na Sénégal  nabo bari bitabiriye ibirori by’Umunsi wahariwe Ibikorwa by’Igorora, wabaye kuwa 4 Kanama 2023, banitabira akarasisi ko kwinjiza n’abakozi bashya, mu kigo cyamahugurwa Staff College giherereye i Matsapha, ku wa 4 Kanama 2023.

Umwami Mswati III, uyobora ubwami bwa Eswatini, niwe wayoboye uyu muhango n’abandi bayobozi bari baratumiwe ku baturutse mu bindi bihugu n’izindi nzego z’ubuyobozi zo muri ubwo bwami bwa Eswatini.

Aba komiseri bombi, uw’u Rwanda CGP Evariste Murenzi nuwa Eswatini CG Phindle Dlamini, bagize umwanya wo kugirana ibiganiro ku mikoranire hagati y’ibihugu byombi muri gahunda yo kugorora abakoze ibyaha bifatanyamo cyane muguhana amahugurwa bishingira kukubakirana ubushobozi, uburyo bw’ikoranabuhanga u Rwanda rukoresha mu gucunga amadosiye y’abantu bafunzwe (IECMS), no  guhanahana amakuru k’ubunararibonye muri gahunda zo gusubiza mu buzima busanzwe abamaze gusoza ibihano byabo, imicungire y’abari mumagororero, ubushakashatsi n’iterambere ndetse n’ibindi.

Muri ibyo biganiro, CGP Phindle Dlamin, yasabye mugenzi we CGP Evariste Murenzi, ko yazakira itsinda rizaturuka muri Eswatini mu rwego Rushinzwe Igorora, bazatanga amahugurwa ndetse bagahabwa ubumenyi ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga ryifashishwa mu nkiko no gucunga amadosiye y’abantu bafunzwe rizwi nka (IECMS) Integrated Electronic Case Management System (IECMS) mu Rwanda mbere y’uko uyu mwaka wa 2023 urangira.

Inzego zombi zashimye imikoranire myiza ibihugu byombi bigirana binyuze mu masezerano y’ubufatanye byashyizeho umukono muri Kamena 2022.

Muri ibi birori kandi hanabaye umuhango w’ihererekanyabubasha ku bayobozi b’Ihuriro Nyafurika ry’Amagororero aho u Rwanda rufite umwanya w’ubuyobozi bwungirije muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ni ihuriro ribumbiye hamwe inzego z’amagororero n’amagereza ku Mugabane wa Afurika rigamije iterambere mu kwita kubakoze ibyaha,  gahunda zo gufunga uwakoze icyaha zikavaho hakabaho kugorora umuntu wakoze icyaha bijyanye no kumutegura gusubira mu buzima busanzwe hagendewe kuburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Ni uruzinduko rwahuriranye no Kwizihiza umunsi wahariwe ibikorwa byo kugorora ndetse hinjijwe n’bakozi bashya bashinzwe kugorora.

CG Evariste Murenzi arikumwe n’abandi batumirwa baturutse mu bindi bihugu muri serivisi z’Igoorora.

CGP Evariste Murenzi imodoka yagendagamo muri urwo ruzinduko yari yahawe ibirango byanditseho u Rwanda.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

1 week ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.