Categories: Amakuru ya RCSSlider

CGP Evariste Murenzi, ari muruzinduko mu Bwami bwa Eswatini kubutumire bwa mugenzi we

Muri urwo ruzinduko rw’akazi, yahuriyemo n’abandi bayobozi bashinzwe serivise z’amagereza no kugorora bo mu bihugu birimo Zambia, Mozambique, Botswana, Zimbabwe, Namibia, Afurika y’Epfo, Kenya,Uganda na Sénégal  nabo bari bitabiriye ibirori by’Umunsi wahariwe Ibikorwa by’Igorora, wabaye kuwa 4 Kanama 2023, banitabira akarasisi ko kwinjiza n’abakozi bashya, mu kigo cyamahugurwa Staff College giherereye i Matsapha, ku wa 4 Kanama 2023.

Umwami Mswati III, uyobora ubwami bwa Eswatini, niwe wayoboye uyu muhango n’abandi bayobozi bari baratumiwe ku baturutse mu bindi bihugu n’izindi nzego z’ubuyobozi zo muri ubwo bwami bwa Eswatini.

Aba komiseri bombi, uw’u Rwanda CGP Evariste Murenzi nuwa Eswatini CG Phindle Dlamini, bagize umwanya wo kugirana ibiganiro ku mikoranire hagati y’ibihugu byombi muri gahunda yo kugorora abakoze ibyaha bifatanyamo cyane muguhana amahugurwa bishingira kukubakirana ubushobozi, uburyo bw’ikoranabuhanga u Rwanda rukoresha mu gucunga amadosiye y’abantu bafunzwe (IECMS), no  guhanahana amakuru k’ubunararibonye muri gahunda zo gusubiza mu buzima busanzwe abamaze gusoza ibihano byabo, imicungire y’abari mumagororero, ubushakashatsi n’iterambere ndetse n’ibindi.

Muri ibyo biganiro, CGP Phindle Dlamin, yasabye mugenzi we CGP Evariste Murenzi, ko yazakira itsinda rizaturuka muri Eswatini mu rwego Rushinzwe Igorora, bazatanga amahugurwa ndetse bagahabwa ubumenyi ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga ryifashishwa mu nkiko no gucunga amadosiye y’abantu bafunzwe rizwi nka (IECMS) Integrated Electronic Case Management System (IECMS) mu Rwanda mbere y’uko uyu mwaka wa 2023 urangira.

Inzego zombi zashimye imikoranire myiza ibihugu byombi bigirana binyuze mu masezerano y’ubufatanye byashyizeho umukono muri Kamena 2022.

Muri ibi birori kandi hanabaye umuhango w’ihererekanyabubasha ku bayobozi b’Ihuriro Nyafurika ry’Amagororero aho u Rwanda rufite umwanya w’ubuyobozi bwungirije muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ni ihuriro ribumbiye hamwe inzego z’amagororero n’amagereza ku Mugabane wa Afurika rigamije iterambere mu kwita kubakoze ibyaha,  gahunda zo gufunga uwakoze icyaha zikavaho hakabaho kugorora umuntu wakoze icyaha bijyanye no kumutegura gusubira mu buzima busanzwe hagendewe kuburenganzira bw’ikiremwamuntu.

Ni uruzinduko rwahuriranye no Kwizihiza umunsi wahariwe ibikorwa byo kugorora ndetse hinjijwe n’bakozi bashya bashinzwe kugorora.

CG Evariste Murenzi arikumwe n’abandi batumirwa baturutse mu bindi bihugu muri serivisi z’Igoorora.

CGP Evariste Murenzi imodoka yagendagamo muri urwo ruzinduko yari yahawe ibirango byanditseho u Rwanda.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

7 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.