Umuyobozi w’ishuri rya RCS Training School Rwamagana, SSP Jean Pierre Olivier Bazambanza, yahaye ikaze abitabiriye amahugurwa, abasaba kuzayakurikirana neza, kugira ngo amasomo bazakuramo bazayasangize abandi batabashije kuyitabira.
Yagize ati” Ndabanza guha ikaze buriwese witabiriye aya mahugurwa, kandi nkanabasaba ko buriwese yazayakurikirana neza, amasomo muzakuramo mukazayasangiza abandi batabashije kuyitabira kuko aya masomo ari ingenzi kuri buri mukozi wese w’Urwego w’Umwuga kuko inshingano zo kwita kubari mumagororero tuzisangiye kandi twese tukaba tutabashya kwitabira icyarimwe bitewe n’imiterere y’akazi kacu, niyo mpamvu buriwese agomba kubigira ibye agakurikira ashyizeho umwete, nkaba nsoza mbifuriza amasomo meza.”
Ni amahugurwa yitabiriwe n’abakozi b’umwuga b’urwego 28 b’igitsina gabo na 10 bigitsina Gore basanzwe bigisha imyuga n’ubumenyingiro ku magororero atandukanye, bagiye guhugurwa n’abarimu baturutse muri kaminuza zigisha amasomo ajyanye n’imyuga.
Abarimu bigisha imyuga n’ubumenyingiro bitabiriye amahugurwa mu ishuri rya RCS Training School Rwamagana.
Umuyobozi w’ishuri rya RCS Training School Rwamagana, atangiza amahugurwa kubarimu bigisha imyuga n’ubumenyingiro (TVET) kumagororero.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.