Umuyobozi w’ishuri rya RCS Training School Rwamagana, SSP Jean Pierre Olivier Bazambanza, yahaye ikaze abitabiriye amahugurwa, abasaba kuzayakurikirana neza, kugira ngo amasomo bazakuramo bazayasangize abandi batabashije kuyitabira.
Yagize ati” Ndabanza guha ikaze buriwese witabiriye aya mahugurwa, kandi nkanabasaba ko buriwese yazayakurikirana neza, amasomo muzakuramo mukazayasangiza abandi batabashije kuyitabira kuko aya masomo ari ingenzi kuri buri mukozi wese w’Urwego w’Umwuga kuko inshingano zo kwita kubari mumagororero tuzisangiye kandi twese tukaba tutabashya kwitabira icyarimwe bitewe n’imiterere y’akazi kacu, niyo mpamvu buriwese agomba kubigira ibye agakurikira ashyizeho umwete, nkaba nsoza mbifuriza amasomo meza.”
Ni amahugurwa yitabiriwe n’abakozi b’umwuga b’urwego 28 b’igitsina gabo na 10 bigitsina Gore basanzwe bigisha imyuga n’ubumenyingiro ku magororero atandukanye, bagiye guhugurwa n’abarimu baturutse muri kaminuza zigisha amasomo ajyanye n’imyuga.
Abarimu bigisha imyuga n’ubumenyingiro bitabiriye amahugurwa mu ishuri rya RCS Training School Rwamagana.
Umuyobozi w’ishuri rya RCS Training School Rwamagana, atangiza amahugurwa kubarimu bigisha imyuga n’ubumenyingiro (TVET) kumagororero.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.