Categories: Amakuru ya RCSSlider

CG Evariste Murenzi yakiriye mugenzi we Madame Georges Janet, waturutse muri Repubulika ya Seychelles

Aba bashyitsi baturutse mu Gihugu cya Seychelles, babanje gusobanurirwa uburyo Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), rwuzuza inshingano zarwo za buri munsi ziganisha ku ntego nyayo yo kugorora. Muri izo nshingano bagaragarijwe harimo kurinda umutekano w’abagorwa n’abantu bafunze, kubafasha kubona ubutabera mu gihe gikwiye hifashishisjijwe ikoranabuhanga ndetse no kubageza ku nkiko zitandukaye, kwigisha bagororwa imyuga n’ubumenyingiro hatibagiwe n’amasomo mboneragihugu abafasha kubana eza n’abandi no kudasubira mu byaha. Ibi byose bigakorwa n’abakozi b’umwuga babihuguriwe mu mashuri ya RCS n’andi yo mu nzego z’umutekano bakorana byahafi.

Si ibyo gusa kuko banasobanuriwe uko ubuzima bw’abagororwa n’abantu bafunze bwitabwaho mbere na mbere ko bahabwa ubwishingizi bwo kwivuza, bakagira abaganga bashinzwe kwita ku buzima bwabo umunsi ku munsi ndetse no kubageza ku mavuriro yo hirya no hino mu gihugu aho bibaye ngombwa.

Madame Georges Janet yavuze ko hari byinshi batarageraho bakeneyemo ubufatanye hagati y’izi nzego nzombi nko gufasha guhugura abakozi babo bashinzwe kugorora, ndetse n’ubufatanye mu kubona abakozi kuko bo bafite icyuho, aho bakunda gukenera abanyamahanga.

Mu mwaka ushize wa 2023 ku itariki ya 28 Kamena, Guverinoma y’u Rwanda n’iya Seychelles bari basinyanye amasezerano y’ubufatanye n’imikoranire mu nzego zirimo umutekano, ubuhinzi n’ubukerarugendo.

Madame Georges Janet yaganiriye n’Abayobozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS

Madame Georges Janet yishimiye uburyo yakiriwe n’Ubuyobozi bwa RCS

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

16 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.