Aba bashyitsi baturutse mu Gihugu cya Seychelles, babanje gusobanurirwa uburyo Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), rwuzuza inshingano zarwo za buri munsi ziganisha ku ntego nyayo yo kugorora. Muri izo nshingano bagaragarijwe harimo kurinda umutekano w’abagorwa n’abantu bafunze, kubafasha kubona ubutabera mu gihe gikwiye hifashishisjijwe ikoranabuhanga ndetse no kubageza ku nkiko zitandukaye, kwigisha bagororwa imyuga n’ubumenyingiro hatibagiwe n’amasomo mboneragihugu abafasha kubana eza n’abandi no kudasubira mu byaha. Ibi byose bigakorwa n’abakozi b’umwuga babihuguriwe mu mashuri ya RCS n’andi yo mu nzego z’umutekano bakorana byahafi.
Si ibyo gusa kuko banasobanuriwe uko ubuzima bw’abagororwa n’abantu bafunze bwitabwaho mbere na mbere ko bahabwa ubwishingizi bwo kwivuza, bakagira abaganga bashinzwe kwita ku buzima bwabo umunsi ku munsi ndetse no kubageza ku mavuriro yo hirya no hino mu gihugu aho bibaye ngombwa.
Madame Georges Janet yavuze ko hari byinshi batarageraho bakeneyemo ubufatanye hagati y’izi nzego nzombi nko gufasha guhugura abakozi babo bashinzwe kugorora, ndetse n’ubufatanye mu kubona abakozi kuko bo bafite icyuho, aho bakunda gukenera abanyamahanga.
Mu mwaka ushize wa 2023 ku itariki ya 28 Kamena, Guverinoma y’u Rwanda n’iya Seychelles bari basinyanye amasezerano y’ubufatanye n’imikoranire mu nzego zirimo umutekano, ubuhinzi n’ubukerarugendo.
Madame Georges Janet yaganiriye n’Abayobozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS
Madame Georges Janet yishimiye uburyo yakiriwe n’Ubuyobozi bwa RCS
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.