Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abashyitsi bo muri Liberia basuye ibikorwa by’igorora bikorerwa mu Igororero rya Nyarugenge

Nyuma yo guhabwa ikaze ku Igororero rya Nyarugenge, abashyitsi basobanuriwe ibikorwa bya buri munsi by’iri Gororero birimo kumenya umutekano w’abagororwa aho baherereye hose haba mu nkiko, ku mirimo inyuranye, ku mavuriro n’ahandi; kubigisha amasomo atandukanye arimo ay’ubumenyingiro, ay’isanamitima n’uburere mboneragihugu; kubatoza ibikorwa by’iterambere bibyara inyungu ku bagororwa n’Igororero muri rusange; ibikorwa by’imyidagaduro ndetse no kwita ku buzima bw’abagororwa harimo no kuvuzwa ku mavuriro atandukanye mu Gihugu.

Mu rwego rwo kumenya uko bikorwa, abashyitsi batemberejwe mu maserivisi anyuranye y’Igororero ari ko bakomeza gusobanurirwa ibihabera; basura n’   amashuri y’igisha abagororwa imyuga itandukanye irimo, ubudozi, ubwubatsi, ububaji, ikoranabuhanga n’ubukanishi bw’ibinyabiziga.

Banasobanuriwe kandi kuri gahunda y’irerero ryashyiriweho abana bato bari mu nsi y’imyaka itatu(3) bamenyeshwa ko amategeko n’amabwiriza bigenga Igorora byemera ko abana bari munsi y’iyo myaka bakomeza kubana n’ababyeyi babo mu Igororero ariko bakitabwaho nk’uko abana bose mu Gihugu bitabwaho, ariyo mpamvu bashyiriweho  irerero ry’abana bato (ECD).

Aba bashyitsi, nyuma yo gusura ibikorwa bitandukanye bigamije kugorora abakoze ibyaha, mu bumenyi butandukanye bahabwa bubafasha kubaho neza ny’uma y’ibihano, bishimiye izi gahunda ndetse bemeza ko bungutse byinshi bakeneye mu Gihugu cyabo.

Abashyitsi basuye icyumba kiburanirwamo hakoreshejwe ikoranabuhanga

Abashyitsi batemberejwe mu ishuri abagororwa bigiramo umwuga w’ubudozi

Banasuye ishuri ry’ubukanishi bw’ibinyabiziga abagororwa bigiramo.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.