Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abashyitsi bo muri Liberia basuye ibikorwa by’igorora bikorerwa mu Igororero rya Nyarugenge

Nyuma yo guhabwa ikaze ku Igororero rya Nyarugenge, abashyitsi basobanuriwe ibikorwa bya buri munsi by’iri Gororero birimo kumenya umutekano w’abagororwa aho baherereye hose haba mu nkiko, ku mirimo inyuranye, ku mavuriro n’ahandi; kubigisha amasomo atandukanye arimo ay’ubumenyingiro, ay’isanamitima n’uburere mboneragihugu; kubatoza ibikorwa by’iterambere bibyara inyungu ku bagororwa n’Igororero muri rusange; ibikorwa by’imyidagaduro ndetse no kwita ku buzima bw’abagororwa harimo no kuvuzwa ku mavuriro atandukanye mu Gihugu.

Mu rwego rwo kumenya uko bikorwa, abashyitsi batemberejwe mu maserivisi anyuranye y’Igororero ari ko bakomeza gusobanurirwa ibihabera; basura n’   amashuri y’igisha abagororwa imyuga itandukanye irimo, ubudozi, ubwubatsi, ububaji, ikoranabuhanga n’ubukanishi bw’ibinyabiziga.

Banasobanuriwe kandi kuri gahunda y’irerero ryashyiriweho abana bato bari mu nsi y’imyaka itatu(3) bamenyeshwa ko amategeko n’amabwiriza bigenga Igorora byemera ko abana bari munsi y’iyo myaka bakomeza kubana n’ababyeyi babo mu Igororero ariko bakitabwaho nk’uko abana bose mu Gihugu bitabwaho, ariyo mpamvu bashyiriweho  irerero ry’abana bato (ECD).

Aba bashyitsi, nyuma yo gusura ibikorwa bitandukanye bigamije kugorora abakoze ibyaha, mu bumenyi butandukanye bahabwa bubafasha kubaho neza ny’uma y’ibihano, bishimiye izi gahunda ndetse bemeza ko bungutse byinshi bakeneye mu Gihugu cyabo.

Abashyitsi basuye icyumba kiburanirwamo hakoreshejwe ikoranabuhanga

Abashyitsi batemberejwe mu ishuri abagororwa bigiramo umwuga w’ubudozi

Banasuye ishuri ry’ubukanishi bw’ibinyabiziga abagororwa bigiramo.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

5 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.