Categories: Amakuru ya RCSSlider

Itsinda riturutse mu gihugu cya Liberiya ryasuye RCS, besobanurirwa imikorere y’ikoranabuhanga rya IECMS

Mu bibazo abo bashyitsi babajije, bibanze ku mikoreshereze y’iri koranabuhanga u Rwanda rwimakaje, basobanurirwa uko rikora n’uko ryoroheje akazi ko gucunga amadosiye bigakorwa mu buryo bwizewe. Babwiwe ko iri koranabuhanga risangiwe n’inzego zose zifite aho zihuriye n’ubutabera ku buryo abarikoresha babona amakuru yose bifuza ku birego byose byashyikirijwe ubutabera bidasabye ko afata umwanya wo kujya gushaka amadosiye akeneye mu zindi nzego ahubwo bakayahererekanya badakoze urugengo ngo bave aho bari.

Darryl Ambrose waje ayoboye itsinda, yashimye u Rwanda ku buryo rwimakaje iri koranabuhanga ashima ko ryihutisha akazi no kugabanya bimwe mubyagenderaga mu ngendo hagiye gushakwa amadosiye ahantu hatandukanye. Yakomeje avuga ko ubumenyi bungutse buzabafasha mu kuzamura no kuvugurura imikorere mu butabera iwabo asoza ashimira Ubuyobozi bwa RCS umwanya babahaye n’ubumenyi babasangije.

Intego y’ikoranabuhanga rya IECMS ni ugusangira amakuru ku nzego zose zifite aho zihuriye n’ubutabera, harimo Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB), Polisi y’u Rwanda (RNP), Ikigo cy’Ubushinjacyaha (NPPA), inkiko n’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora (RCS).

Abashyitsi na bamwe mubakozi ba RCS, bakora ku cyicyaro baganiriye ku mikorere ya IECMS.
Darryl Ambrose, wari uhagarariye itsinda yahawe na CP John Bosco Kabanda Komiseri ushinzwe imirimo rusange.
Wari umwanya wo kungurana ibitekerezo ku mikoreshereze y’ikoranabuhanga rya IECMS, imikorere yaryo.
Abashyitsi n’abakozi ba RCS, bakorera ku cyicyaro gikuru cya RCS, bafashe ifoto y’urwibutso.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.