By’umwihariko baganiriye ku mushinga wo kubaka Isomero rigezweho ry’abagororwa ku Igororero rya Nyarugenge rifite agaciro ka miliyoni zisaga 237 aho ubu iyo nyubako igeze ku kigero cya 56%, mu gihe 44% by’ibikorwa bisigaye biteganyijwe kurangira bitarenze Kamena 2026.
Mu ijambo rye Rev Ndayizeye yashimiye ubuyobozi bwa RCS ku mikorere myiza bagaragaza kuko ari yo ituma ibikorwa bikubiye mu masezerano bagiranye bigenda neza. Ati “ibikorwa aho bigeze harashimishije cyane ariko n’ubundi nta mpungenge twigeze tugira kuko tuba twizeye ko ibyo mukora mubishyiraho umutima.”
CG Murenzi yashimiye Itorero ADEPR ku nkunga batanga mu bikorwa bifasha abagororwa kugoroka no guteza imbere imibereho myiza yabo, abizeza ko imikoranire myiza izakomeza nta makemwa.
Bashoje baganira ku bikorwa by’igenzi bizibandwaho mu mwaka utaha wa 2026, birimo kuarangiza ibikorwa by’inyubako y’isomero bisigaye no kongera inyigisho z’isanamitima n’ubufasha ku bagororwa by’umwihariko ab’igitsinagore kuko bagiye bagaragaza ko batereranwa n’imiryango yabo cyanecyane abagabo babo.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.