Categories: Amakuru ya RCSSlider

CG Evariste Murenzi  yagiranye inama n’Umushumba Mukuru wa ADEPR ku bufatanye bwo guteza imbere abagororwa

By’umwihariko baganiriye ku mushinga wo kubaka Isomero rigezweho ry’abagororwa ku Igororero rya Nyarugenge rifite agaciro ka miliyoni zisaga 237 aho ubu iyo nyubako igeze ku kigero cya 56%, mu gihe 44% by’ibikorwa bisigaye biteganyijwe kurangira bitarenze Kamena 2026.

Mu ijambo rye Rev Ndayizeye yashimiye ubuyobozi bwa RCS ku mikorere myiza bagaragaza kuko ari yo ituma ibikorwa bikubiye mu masezerano bagiranye bigenda neza. Ati “ibikorwa aho bigeze  harashimishije cyane ariko n’ubundi nta mpungenge twigeze tugira kuko tuba twizeye ko ibyo mukora mubishyiraho umutima.”

CG Murenzi yashimiye  Itorero ADEPR ku nkunga batanga mu bikorwa bifasha abagororwa kugoroka no guteza imbere imibereho myiza yabo, abizeza ko imikoranire myiza izakomeza nta makemwa.

Bashoje baganira ku bikorwa by’igenzi bizibandwaho mu mwaka utaha wa 2026, birimo kuarangiza ibikorwa by’inyubako y’isomero bisigaye no kongera inyigisho z’isanamitima n’ubufasha ku bagororwa by’umwihariko ab’igitsinagore kuko bagiye bagaragaza ko batereranwa n’imiryango yabo cyanecyane abagabo babo.

DCG Rose Muhisoni, Komiseri Mukuru wungirije wa RCS.
Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.