Umunyamabanga Mukuru wa EAR Rev. Pasiteri Saano Stephen wari umushyitsi mukuru yari kumwe na Bwana Kizito waje ahagarariye Minisiteri y’Ubutabera hamwe n’abuyobozi bw’Igororero ry’abana rya Nyagatare.
Muri ibyo birori, abana bahawe amafunguro y’ibyo kurya no kunywa bitandukanye banahabwa impano zirimo ingofero, Biscuit na bombo.
Banagejejweho ijambo ry’Imana n’Umwepisikopi wa Diyosezi ya Gahini, Bishop Gahima Manase aho yabifurije Noheri nziza, abasaba gukura isomo mu mahirwe bahabwa, bagaharanira guhinduka no kugororoka kugira ngo babe abantu bazima bazagirira akamaro umuryango Nyarwanda. Abana bagaragaje akanyamuneza banashimira urukundo bagaragarijwe bizeza ko bazakomeza gutsinda amasomo bahererwa mu Igororero ndetse bakanahindura imyitwarire mibi yose bagize ikabageza mu gukora ibyaha.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.