Itorero ADEPER ryakoreye igiterane cy’ivugabutumwa mu Igororero rya Musanze

Uyu munsi tariki 03 Mata 2025 ku Igororero rya Musanze habereye igiterane cy’ivugabutumwa ry’ itorero ADEPR, icyo giterane cyakorewemo umuhango w’umubatizo no kwakira abakiristu bashya hanatangwa inkunga y’ibikoresho bitandukanye.
Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora bibukijwe indangagaciro z’ubutwari

Kuri iki gicamunsi cyo kuri uyu wa kane tariki 27 Werurwe 2025 ku cyicaro gikuru cy’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS hatangiwe ikiganiro kijyanye n’indangagaciro z’ubutwari kikaba cyari cyitabiriwe n’abakozi bose bakorera Ku cyicaro gikuru cya RCS. Ni ikiganiro cyateguwe n’ Urwego rw’Igihugu rushishinzwe Intwari, Imidari n’Impeta by’ishimwe.
Abagororwa biga umwuga w’ubuhinzi n’ubworozi bizeye kuzabyaza umusaruro ibyo bize

Abari n’abategarugori bagororerwa mu Igororero rya Nyamagabe biga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi bafite icyizere cyo kuziteza imbere bijyanye n’uko igihugu cy’u Rwanda benshi batunzwe n’uyu mwuga.
Abagororwa bajya mu bikorwa nyongeramusaruro bishimira ko bibafasha mu buryo bw’amikoro no kugira ubuzima buzira umuze

Abagororerwa ku Igororero rya Huye basohoka mu kazi mu bikorwa nyongeramusaruro, bavuga ko n’ubwo ibikorwa bakoramo bibafasha mu buryo bw’amikoro kuko bahabwa amafranga akomoka ku nyungu binjije; binabafasha mu buryo bw’ubuzima kuko baboneraho gukoresha ingingo z’umubiri wabo bityo bikabarinda indwara nyinshi zitandukanye zikomoka ku kuguhora wicaye udakoresha umubiri