Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Flash Updates
Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Komiseri Mukuru wa RCS yasuye abari gukora igihano cy’inyungu rusange i Nyagatare

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 06 Ukuboza 2025, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS CG Evariste Murenzi n’abandi bayobozi mu nzego z’ibanze n’umutekano ku rwego rw’Akarere ka Nyagatare basuye bamwe mu bakorera igihano cy’inyungu rusange muri aka Karere. Ni igikorwa cyabaye mu rwego rwo kureba aho ishyirwa mu bikorwa rigeze ry’iteka rya Perezida No 22/O1 ryo kuwa 31/Werurwe 2023 rigena igihano cy’imirimo y’Inyungu rusange

Abagororwa mu Igororero rya Nyarugenge  bibukijwe ingaruka mbi z’ihohoterwa

Ni ikigikorwa cyabaye  muri Gahunda Mpuzamahanga  ngarukamwaka mwaka yatangiye ku itariki 25 Ugushyingo 2025, aho u Rwanda rwifatanyije n’Isi yose mu kugaragaza uburemere bw’ihohotera rikorerwa abagore n’abakobwa, ingaruka zaryo ku muryango Nyarwanda no gushishikariza buri wese kugira uruhare mu kurikumira no kurirwanya hagamijwe kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ku rwego rw’Isi igira […]

RCS yasinye amasezerano y’ubufatanye n’Itorero rya Anglikani mu Rwanda

Mu muhango wa wabereye ku Cyicaro Gikuru cya RCS, muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Ugushyingo 2025, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora(RCS) n’Itorero Anglicani mu Rwanda(EAR) byasinyanye amasezerano y’imikoranire. Ni amasezerano yashyizweho umukono na Komiseri Mukuru wa RCS, CG Evaritse Murenzi na Rev. Stephen Saano wari uhagarariye Most Rev. Dr Laurent Mbanda EAR.

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasuye abagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ukwakira 2025, Abayobozi batandukanye b’Umujyi wa Kigali bari bayobowe n’Umuyobozi wungirije ushinzwe Imibereho myiza n’Iterambere ry’Abaturage mu Mujyi wa Kigali, Madam Urujeni Martine, basuye Igororero rya Nyarugenge riherereye mu Murenge wa Mageragere, bagirana ibiganiro n’abagororwa bahagororerwa.

Abahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bari gutegurwa gusubira mu miryango

Aho bigaragariye ko bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bagenda basoza ibihano byabo ariko nyuma bikagaragara ko iyo bageze mu miryango bahura n’imbogamizi nyinshi zirimo: Ipfunwe,urwikekwe no kwiheza bikomoka ku byaha basize bakoze bituma batitabira gahunda za Leta, Gutakarizwa icyizere, Ihungabana riva ku byaha bakoze bikabaviramo kwimuka ahobari batuye, Kwinangira gusaba imbabazi abo bahemukiye, Amakimbirane mu miryango, Kwibona mu ndorerwamo z’amoko n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibindi.

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"