Categories: Amakuru ya RCS

Abaterankunga mu mishinga yo kugorora muri RCS bashishikajwe no kunoza ibyo batangiye

Kuwa 17 Mutarama 2022, abagore babiri aribo Stella na Florance, baturutse mu Muryango w’Ubumwe bw’Uburayi, bakaba inzobere mu by’imishinga itandukanye, basuye Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa N’Abagororwa RCS, baganira ku mishinga itandukanye bafatanyamo mu kugorora.
Mu mpamvu nyamukuru yari yazinduye abo baterankunga, ni ukureba aho imishinga yo kugorora itandukanye bateramo inkunga bafatanyije na RCS igeze, hakarebwa n’uburyo yarushaho kunozwa ndetse no kwagurwa bigamije kongerera ubumenyi ababuhererwamo bigendanye n’isoko ry’umurimo muri rusange, babategura kuzasoza ibihano bahawe babasha guhangana n’abandi bize mu mashuli atandukanye kuko ibyo biga ntatandukaniro ririmo.
Mu mishinga abaterankunga bagiramo uruhare hagamijwe gufasha abakoze ibyaha bari muri gereza kugororoka, harimo ubudozi, Ubwubatsi, ububaji, ubukanishi, gukora amazi, amashanyarazi ndetse no Gusudira, aho ubwo bumenyi butangwa binyuze mu mashuli y’ubumenyingiro yubatse kuri za gereza zitandukanye mu gihugu.
Abahamijwe ibyaha bafata umwanya bakiga iyo myuga itandukanye ndetse bakanahabwa impamyabushobozi(certificate) itangwa na WDA ikigo cya leta gishinzwe uburezi bujyanye n’ubumenyingiro,ku basoje kwiga zigaragaza ko basoje ayo masomo bitewe nibyo arangijemo  ndetse bikaba byabafasha no kubona akazi hanze basubiye mu buzima busanzwe basoje ibihano bahawe.
Igitekerezo cyo gufasha abari muri gereza bagahabwa ubumenyi butandukanye, cyaturutse ku byagiye bigaragara ko hari bamwe mu basozaga ibihano byabo mu gihe gito ugasanga basubiye mu byaha bakoze bakongera gufungwa, bityo Leta itekereza icyakorwa hirindwa insubiracyaha.
rcspet

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.