Categories: Amakuru ya RCS

Abaterankunga mu mishinga yo kugorora muri RCS bashishikajwe no kunoza ibyo batangiye

Kuwa 17 Mutarama 2022, abagore babiri aribo Stella na Florance, baturutse mu Muryango w’Ubumwe bw’Uburayi, bakaba inzobere mu by’imishinga itandukanye, basuye Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa N’Abagororwa RCS, baganira ku mishinga itandukanye bafatanyamo mu kugorora.
Mu mpamvu nyamukuru yari yazinduye abo baterankunga, ni ukureba aho imishinga yo kugorora itandukanye bateramo inkunga bafatanyije na RCS igeze, hakarebwa n’uburyo yarushaho kunozwa ndetse no kwagurwa bigamije kongerera ubumenyi ababuhererwamo bigendanye n’isoko ry’umurimo muri rusange, babategura kuzasoza ibihano bahawe babasha guhangana n’abandi bize mu mashuli atandukanye kuko ibyo biga ntatandukaniro ririmo.
Mu mishinga abaterankunga bagiramo uruhare hagamijwe gufasha abakoze ibyaha bari muri gereza kugororoka, harimo ubudozi, Ubwubatsi, ububaji, ubukanishi, gukora amazi, amashanyarazi ndetse no Gusudira, aho ubwo bumenyi butangwa binyuze mu mashuli y’ubumenyingiro yubatse kuri za gereza zitandukanye mu gihugu.
Abahamijwe ibyaha bafata umwanya bakiga iyo myuga itandukanye ndetse bakanahabwa impamyabushobozi(certificate) itangwa na WDA ikigo cya leta gishinzwe uburezi bujyanye n’ubumenyingiro,ku basoje kwiga zigaragaza ko basoje ayo masomo bitewe nibyo arangijemo  ndetse bikaba byabafasha no kubona akazi hanze basubiye mu buzima busanzwe basoje ibihano bahawe.
Igitekerezo cyo gufasha abari muri gereza bagahabwa ubumenyi butandukanye, cyaturutse ku byagiye bigaragara ko hari bamwe mu basozaga ibihano byabo mu gihe gito ugasanga basubiye mu byaha bakoze bakongera gufungwa, bityo Leta itekereza icyakorwa hirindwa insubiracyaha.
rcspet

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.