Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abana 2 babanaga n’ababyeyi babo muri gereza basubijwe mu miryango

Kuri uyu wa kane taliki ya 20 Mutarama 2022, kuri gereza ya Ngoma habaye umuhango wo gusubiza abana babiri (2) mu miryango yabo, kuko  babanaga n’ababyeyi babo muri gereza.

Abo bana uko ari babiri, aribo Byukusenge Dorcas na Nshimiyimana John,    bakomoka mu karare ka Nyagatare mu mirenge ya Tabagwe na Nyagatare, aho ubuyobozi bwa gereza ya Ngoma bwajyanye abo bana baherekejwe n’ababyeyi babo ndetse icyo gikorwa kikaba cyabereye imbere y’inzego zibanze, mu mirenge abo bana bajyanywemo kuko bari bagejeje igihe cyo gusubizwa mu miryango.

Muri gereza zitandukanye zifungiyemo abagore mu Rwanda, usangamo bamwe mu bana babana n’ababyeyi babo kubera Impamvu zitandukanye zitabaturutseho, bitewe nuko umubyeyi aba yarakoze icyaha agahanwa n’inkiko, bikaba ngombwa ko igihano yahawe n’urukiko agikorera muri gereza, nkuko bisanzwe bigenda ku muntu wese wahamijwe icyaha n’urukiko agahabwa igihano runaka.

Uburyo abo bana bisanga muri gereza kandi badafunze, nuko hari igihe umubyeyi akora icyaha afite umwana muto utatandukanywa  nawe, bikaba ngombwa ko ajyana nawe muri gereza, kuko ntayandi mahitamo aba ahari yo kumuvutsa uburenganzira bwe, ubundi buryo ni igihe umubyeyi akora icyaha atwite agahanishwa igihano cyo gufungwa, iyo abyaye umwana abana nawe muri gereza kuko utamutandukanya n’umubyeyi we.

Nkuko bisanzwe ko uburenganzira bw’umwana ari ntavogerwa, hari igihe cyagenwe cyo kubana n’ababyeyi muri gereza, aho umwana wazanywe  cyangwa wavukiye muri gereza, atagomba kurenza imyaka itatu ari kumwe n’umubyeyi muri gereza,ahubwo ko agomba guhabwa umuryango cyangwa agashakirwa abagiraneza (marayikamurinzi) bamutwara bakajya bamukurikirana ku bwumvikane bwabo n’umubyeyi.

Gahunda yo gusubiza abana mu miryango, ni igikorwa kibaho iyo umwana yujuje imyaka itatu, arikumwe n’umubyeyi  muri gereza, agahabwa umuryango wuwo mubyeyi kugirango umwana abone uburenganzira agomba.

Byukusenge Dorcas,ku murenge wa Tabagwe ahabwa umuryango uzamwitaho.
rcspet

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.