Categories: Amakuru ya RCS

Abaterankunga mu mishinga yo kugorora muri RCS bashishikajwe no kunoza ibyo batangiye

Kuwa 17 Mutarama 2022, abagore babiri aribo Stella na Florance, baturutse mu Muryango w’Ubumwe bw’Uburayi, bakaba inzobere mu by’imishinga itandukanye, basuye Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa N’Abagororwa RCS, baganira ku mishinga itandukanye bafatanyamo mu kugorora.

Mu mpamvu nyamukuru yari yazinduye abo baterankunga, ni ukureba aho imishinga yo kugorora itandukanye bateramo inkunga bafatanyije na RCS igeze, hakarebwa n’uburyo yarushaho kunozwa ndetse no kwagurwa bigamije kongerera ubumenyi ababuhererwamo bigendanye n’isoko ry’umurimo muri rusange, babategura kuzasoza ibihano bahawe babasha guhangana n’abandi bize mu mashuli atandukanye kuko ibyo biga ntatandukaniro ririmo.

Mu mishinga abaterankunga bagiramo uruhare hagamijwe gufasha abakoze ibyaha bari muri gereza kugororoka, harimo ubudozi, Ubwubatsi, ububaji, ubukanishi, gukora amazi, amashanyarazi ndetse no Gusudira, aho ubwo bumenyi butangwa binyuze mu mashuli y’ubumenyingiro yubatse kuri za gereza zitandukanye mu gihugu.

Abahamijwe ibyaha bafata umwanya bakiga iyo myuga itandukanye ndetse bakanahabwa impamyabushobozi(certificate) itangwa na WDA ikigo cya leta gishinzwe uburezi bujyanye n’ubumenyingiro,ku basoje kwiga zigaragaza ko basoje ayo masomo bitewe nibyo arangijemo  ndetse bikaba byabafasha no kubona akazi hanze basubiye mu buzima busanzwe basoje ibihano bahawe.

Igitekerezo cyo gufasha abari muri gereza bagahabwa ubumenyi butandukanye, cyaturutse ku byagiye bigaragara ko hari bamwe mu basozaga ibihano byabo mu gihe gito ugasanga basubiye mu byaha bakoze bakongera gufungwa, bityo Leta itekereza icyakorwa hirindwa insubiracyaha.

rcspet

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

17 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.