Uyu munsi ngarukamwaka wo kwibohora waranzwe n’imyiyereko n’ibiganiro ku mateka n’ubutwari bwo kubohora U Rwanda, imbyino n’indirimbo bibumbatiye ubutumwa n’ibisingizo by’abagize uruhare mu kubohora u Rwanda.
Abaganirije abagororwa n’abantu bafunze ndetse n’abakozi Bumwuga b’urwego, bagiye bagaruka ku nshingano ya buri wese mu rwego rwo gukomeza gusigasira ibyagezweho nyuma yo kubohora Igihugu, banasaba ko Ugorora akwiye gukomeza gukora kinyamwuga hanyuma kandi Abagororwa n’abantu bafunze ko bakwiye kugororoka kuko ikigamijwe ari ukugira Igihugu cyiza gifite iterambere, gifite abaturage beza kandi bibohoye kugeza no ku cyaha n’igisa nacyo.
Muri ibi birori kandi hashimiwe ababohoye Igihugu hanibutswa ko Umunyarwanda wese akwiye kwirinda amacakubiri no kwishora mu byaha kuko ibyo biri mu bidindiza iterambere ry’Igihugu kandi ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho rubikesha imiyoborere myiza.
Baganirizwa, abantu bafunzwe n’abagororwa bibukijwe ko nta ntambara y’amasasu igihari ahubwo ikigezweho ari ukwibohora mu kurwanya ubukene, maze banasabwa gukumira icyaha cyaricyo cyose cyatuma igihugu cyacu gisubira inyuma ahubwo ko buri wese asabwa guharanira icyatuma u Rwanda rukomeza kuba ku isonga mu kugera ku iterambere rirambye
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
This website uses cookies.