Uyu munsi ngarukamwaka wo kwibohora waranzwe n’imyiyereko n’ibiganiro ku mateka n’ubutwari bwo kubohora U Rwanda, imbyino n’indirimbo bibumbatiye ubutumwa n’ibisingizo by’abagize uruhare mu kubohora u Rwanda.
Abaganirije abagororwa n’abantu bafunze ndetse n’abakozi Bumwuga b’urwego, bagiye bagaruka ku nshingano ya buri wese mu rwego rwo gukomeza gusigasira ibyagezweho nyuma yo kubohora Igihugu, banasaba ko Ugorora akwiye gukomeza gukora kinyamwuga hanyuma kandi Abagororwa n’abantu bafunze ko bakwiye kugororoka kuko ikigamijwe ari ukugira Igihugu cyiza gifite iterambere, gifite abaturage beza kandi bibohoye kugeza no ku cyaha n’igisa nacyo.
Muri ibi birori kandi hashimiwe ababohoye Igihugu hanibutswa ko Umunyarwanda wese akwiye kwirinda amacakubiri no kwishora mu byaha kuko ibyo biri mu bidindiza iterambere ry’Igihugu kandi ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho rubikesha imiyoborere myiza.
Baganirizwa, abantu bafunzwe n’abagororwa bibukijwe ko nta ntambara y’amasasu igihari ahubwo ikigezweho ari ukwibohora mu kurwanya ubukene, maze banasabwa gukumira icyaha cyaricyo cyose cyatuma igihugu cyacu gisubira inyuma ahubwo ko buri wese asabwa guharanira icyatuma u Rwanda rukomeza kuba ku isonga mu kugera ku iterambere rirambye
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.