Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abari mu magororero yose yo mu Rwanda bizihije imyaka 29 ishize U Rwanda rwibohoye

Uyu munsi ngarukamwaka wo kwibohora waranzwe n’imyiyereko n’ibiganiro ku mateka n’ubutwari bwo kubohora U Rwanda, imbyino n’indirimbo bibumbatiye ubutumwa n’ibisingizo by’abagize uruhare mu kubohora u Rwanda.
Abaganirije abagororwa n’abantu bafunze ndetse n’abakozi Bumwuga b’urwego, bagiye bagaruka ku nshingano ya buri wese mu rwego rwo gukomeza gusigasira ibyagezweho nyuma yo kubohora Igihugu, banasaba ko Ugorora akwiye gukomeza gukora kinyamwuga hanyuma kandi Abagororwa n’abantu bafunze ko bakwiye kugororoka kuko ikigamijwe ari ukugira Igihugu cyiza gifite iterambere, gifite abaturage beza kandi bibohoye kugeza no ku cyaha n’igisa nacyo.

Muri ibi birori kandi hashimiwe ababohoye Igihugu hanibutswa ko Umunyarwanda wese akwiye kwirinda amacakubiri no kwishora mu byaha kuko ibyo biri mu bidindiza iterambere ry’Igihugu kandi ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho rubikesha imiyoborere myiza.

Baganirizwa, abantu bafunzwe n’abagororwa bibukijwe ko nta ntambara y’amasasu igihari ahubwo ikigezweho ari ukwibohora mu kurwanya ubukene, maze banasabwa gukumira icyaha cyaricyo cyose cyatuma igihugu cyacu gisubira inyuma ahubwo ko buri wese asabwa guharanira icyatuma u Rwanda rukomeza kuba ku isonga mu kugera ku iterambere rirambye

DK

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.