Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abana bagororerwa mu Igororero  rya Nyagatare baheruka gukora ibizamini bya Leta batsinze bose

Igororero ry’abana rya Nyagatare ni Igororero ryihariye rigororerwamo abana baba barakoze ibyaha ariko bataruzuza imyaka y’ubukure iteganywa n’amategeko; baza kuhasoreza ibihano bakatiwe n’inkiko kuko imyaka yabo iba itabemerera kugororerwa hamwe n’abandi baba mu magororero y’abakuze. Bitewe n’uko baba bagikeneye kwitabwaho, umwana uhageze ahabwa gahunda y’umwihariko akaniga amashuri hakurikijwe icyiciro yari agezemo yiga.

Leta y’u Rwanda yashyizeho iyi gahunda mu rwego rwo kugira ngo umwana waguye mu cyaha akomeze yitabweho, azasoze ibihano yaragororotse kandi atarasigaye inyuma mu myigire.  Abagiye batsinda ibizamini bisoza icyicyiro rusange bagiye bagira n’amahirwe yo guhabwa imbabazi na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika bagakomereza amashuri yabo mu bigo byo hanze baba bahawe,bityo   ibihano bari barakatiwe bigakurwaho bakomezanya n’abandi bana biga mu mashuri nk’uko bisanzwe.

Mu byo Leta y’u Rwanda yateganyije kandi mu Igororero rya Nyagatare harimo no kwigisha imyuga n’ubumenyingiro bitewe n’amahitamo y’umwana; uwo mwuga akazawukoresha asubiye mu buzima busanzwe yiteza imbere we ubwe, umuryango we n’Igihugu muri rusange.

Mu myigishirize isanzwe mu Igororero hakaba hariyongereyeho ikindi cyiciro cy’amashuri yisumbuye ishami rya Mathemetics, Ecomics and Computer Sciences(MEC) aho abarimo ubu bazakora ikizamini umwaka utaha kuko bagiye kwimukira mu mwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye.

Bimaze kumenyerwa rero ko buri mwaka abana baba barakurikiranye amasomo mu byicyiro byavuzwe haruguru, bakora ibizamini bya Leta nk’abandi bana bize mu bindi bigo kuko bose baba bahuje ingengabihe mu masomo bahabwa; bikaba byaragaragaye ko kuva batangira gukora ibyo bizamini bya Leta nta n’umwe uratsindwa.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

5 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.