Categories: Amakuru ya RCS

Maj Gen (Rtd) David Tamba Minisitiri w’umutekano mu gihugu muri Sierra Leone, yasuye Igororero rya Nyanza

Muri uru ruzinduko minisitri Tamba yagiriye ku Igororero rya Nyanza, rwari rugamije kumenya uko mu Rwanda bagorora no kureba abafungwa babo bohorejwe na Loni bahagororerwa baturutse muri Sierra Leone, yari akeneye kumenya imibereho yabo  kubw’amasezerano U Rwanda rwagiranye na Loni ko baharangiriza ibihano. abo bagororwa baje ari umunani (08), batatu (03) bagahabwa imbabazi na perezida w’icyo gihugu bagataha, undi umwe akaza gupfa atarasoza ibihano, ubu bakaba basigaye ari bane barigukora  ibihano byabo. Aba bane basabye minisitiri ko yabavuganira nabo bagahabwa imbabazi  bakarekurwa nabo, kuko bemeza ko bumva barahindutse ndetse barakosotse.

Mu biganiro bagiranye na Minisitiri Tamba, bashimye Leta y’u Rwanda uburyo ibitaho mu buzima bwa burimunsi, ko ntacyo babura kuko uburenganzira bwabo babuhabwa uko bikwiriye ko ntawe urenganywa cyangwa ngo yimwe serivisi iyariyo yose yaba akeneye, bavuga ko byari bikwiriye ko ariho baza kuko ari igihugu giha agaciro ikiremwamuntu muri rusange ko ntahandi wabona muri Afurika bari kwitabwaho nkuko bitaweho.

Minisitiri Tamba yabwiye abo banyamahanga bagororerwa mu Igororero rya Nyanza, yababwiye ko icyamugenzaga ari ugutsura umubano hagati y’ibihugu byombi hagati ya Minisiteri zombi z’umutekano cyane mu mikoranire mubyo kubaka ubushobozi bw’abakozi binyuze mu mahugurwa hagati ya Polisi n’urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora RCS, kuko yasanze hari byinshi u Rwanda rwateyemo imbere.

Igororero rya Nyanza rifite umwihariko wo kwakira imfungwa n’abagororwa baba baramaze gukatirwa n’inkiko bari gukora ibihano by’ibyaha bakoze, aho ntamuntu uhafungirwa akiri muri gahunda zo kuburana.

Maj Gen (Rtd) David Tamba Ocil Taluva, Minisitiri w’umutekano mu Gihugu wa Sierra Leone, ubwo yakirwaga ku Igororero rya Nyanza.
Bagiranye ibiganiro bamutuma kuri Perezida Kubasabira imbabazi kuko bumva bagororotse.
Bafashe ifoto y’urwibutso barikumwe na Ministiri Tamba, CG Evariste Murenzi n’umuyobozi w’Igororero rya Nyanza SSP Alex Murenzi.
Minisitiri Tamba, CG Evariste Murenzi, umuvugizi wa RCS, CSP Therese Kubwimana, na Alex Murenzi, umuyobozi w’igororero rya Nyanza bafata ifoto y’urwibutso.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.