Categories: Amakuru ya RCS

Maj Gen (Rtd) David Tamba Minisitiri w’umutekano mu gihugu muri Sierra Leone, yasuye Igororero rya Nyanza

Muri uru ruzinduko minisitri Tamba yagiriye ku Igororero rya Nyanza, rwari rugamije kumenya uko mu Rwanda bagorora no kureba abafungwa babo bohorejwe na Loni bahagororerwa baturutse muri Sierra Leone, yari akeneye kumenya imibereho yabo  kubw’amasezerano U Rwanda rwagiranye na Loni ko baharangiriza ibihano. abo bagororwa baje ari umunani (08), batatu (03) bagahabwa imbabazi na perezida w’icyo gihugu bagataha, undi umwe akaza gupfa atarasoza ibihano, ubu bakaba basigaye ari bane barigukora  ibihano byabo. Aba bane basabye minisitiri ko yabavuganira nabo bagahabwa imbabazi  bakarekurwa nabo, kuko bemeza ko bumva barahindutse ndetse barakosotse.

Mu biganiro bagiranye na Minisitiri Tamba, bashimye Leta y’u Rwanda uburyo ibitaho mu buzima bwa burimunsi, ko ntacyo babura kuko uburenganzira bwabo babuhabwa uko bikwiriye ko ntawe urenganywa cyangwa ngo yimwe serivisi iyariyo yose yaba akeneye, bavuga ko byari bikwiriye ko ariho baza kuko ari igihugu giha agaciro ikiremwamuntu muri rusange ko ntahandi wabona muri Afurika bari kwitabwaho nkuko bitaweho.

Minisitiri Tamba yabwiye abo banyamahanga bagororerwa mu Igororero rya Nyanza, yababwiye ko icyamugenzaga ari ugutsura umubano hagati y’ibihugu byombi hagati ya Minisiteri zombi z’umutekano cyane mu mikoranire mubyo kubaka ubushobozi bw’abakozi binyuze mu mahugurwa hagati ya Polisi n’urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora RCS, kuko yasanze hari byinshi u Rwanda rwateyemo imbere.

Igororero rya Nyanza rifite umwihariko wo kwakira imfungwa n’abagororwa baba baramaze gukatirwa n’inkiko bari gukora ibihano by’ibyaha bakoze, aho ntamuntu uhafungirwa akiri muri gahunda zo kuburana.

Maj Gen (Rtd) David Tamba Ocil Taluva, Minisitiri w’umutekano mu Gihugu wa Sierra Leone, ubwo yakirwaga ku Igororero rya Nyanza.
Bagiranye ibiganiro bamutuma kuri Perezida Kubasabira imbabazi kuko bumva bagororotse.
Bafashe ifoto y’urwibutso barikumwe na Ministiri Tamba, CG Evariste Murenzi n’umuyobozi w’Igororero rya Nyanza SSP Alex Murenzi.
Minisitiri Tamba, CG Evariste Murenzi, umuvugizi wa RCS, CSP Therese Kubwimana, na Alex Murenzi, umuyobozi w’igororero rya Nyanza bafata ifoto y’urwibutso.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

5 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.