Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu y’abagore bwasuye Igororero rya Nyamagabe

Abayobozi basuye Igororero, bakiriwe neza n’abagororwa mu buryo bw’indirimbo n’imbyino biryoheye ijisho. Ubuyobozi bw’Igororero rya Nyamagabe bwabanje gutembereza abashyitsi ahantu hatandukanye abagororwa bigira imyuga, irimo iyo kuboha, gutunganya imisatsi iy’ubuhinzi n’ubworozi ndetse n’irerero ry’abana bato babana n’ababyeyi babo (ECD). Ni imyuga ifasha abagororwa kwiteza imbere igihe basubiye mu buzima busanzwe igihe basoje ibihano byabo.

Nyuma yo kumva ibibazo n’ibitekerezo abagororwa bamugejejeho birimo ibijyanye no kwivuza, imitungo yabo ndetse n’imibereho y’abana babo basigaye mu miryango, Madame Mukagasangwa Consolée yabijeje ubufasha bwose bakeneye kugira ngo imibereho yabo n’abana babo igende neza, ndetse anabakangurira gukomeza umutima wa kibyeyi wo kurera neza abana bari kumwe. Yashimiye by’umwihariko ubuyobozi bw’Igororero mu izina rya RCS, kuko babasha guhindura imyumvire n’imyitwarire y’abakoze ibyaha bakabasha gusubira muri sosiyete bagororotse. Yasabye abagororwa gukomeza imyitwarire myiza bafite no kuzirinda insubiracyaha igihe bazaba batashye.

Umuyobozi w’Igororero rya Nyamagabe, Madame Mukankuranga Donatha, yabwiye abashyitsi basuye igororero ko usibye amasomo y’imyuga itandukanye abagororwa biga, hari nandi masomo y’uburere mboneragihugu na ‘Ndi Umunyarwanda’ bahabwa.

Abashyitsi bakiriwe neza n’abagororwa mu ndirimbo n’imbyino zishimishije.

Abashyitsi batemberejwe mu mashuri abagororwa bigiramo imyuga itandukanye.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.