Categories: Amakuru ya RCSSlider

Ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu y’abagore bwasuye Igororero rya Nyamagabe

Abayobozi basuye Igororero, bakiriwe neza n’abagororwa mu buryo bw’indirimbo n’imbyino biryoheye ijisho. Ubuyobozi bw’Igororero rya Nyamagabe bwabanje gutembereza abashyitsi ahantu hatandukanye abagororwa bigira imyuga, irimo iyo kuboha, gutunganya imisatsi iy’ubuhinzi n’ubworozi ndetse n’irerero ry’abana bato babana n’ababyeyi babo (ECD). Ni imyuga ifasha abagororwa kwiteza imbere igihe basubiye mu buzima busanzwe igihe basoje ibihano byabo.

Nyuma yo kumva ibibazo n’ibitekerezo abagororwa bamugejejeho birimo ibijyanye no kwivuza, imitungo yabo ndetse n’imibereho y’abana babo basigaye mu miryango, Madame Mukagasangwa Consolée yabijeje ubufasha bwose bakeneye kugira ngo imibereho yabo n’abana babo igende neza, ndetse anabakangurira gukomeza umutima wa kibyeyi wo kurera neza abana bari kumwe. Yashimiye by’umwihariko ubuyobozi bw’Igororero mu izina rya RCS, kuko babasha guhindura imyumvire n’imyitwarire y’abakoze ibyaha bakabasha gusubira muri sosiyete bagororotse. Yasabye abagororwa gukomeza imyitwarire myiza bafite no kuzirinda insubiracyaha igihe bazaba batashye.

Umuyobozi w’Igororero rya Nyamagabe, Madame Mukankuranga Donatha, yabwiye abashyitsi basuye igororero ko usibye amasomo y’imyuga itandukanye abagororwa biga, hari nandi masomo y’uburere mboneragihugu na ‘Ndi Umunyarwanda’ bahabwa.

Abashyitsi bakiriwe neza n’abagororwa mu ndirimbo n’imbyino zishimishije.

Abashyitsi batemberejwe mu mashuri abagororwa bigiramo imyuga itandukanye.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

17 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.