Amagorero arimo abana babana n’ababyeyi babo ni ane ariyo, Ngoma, Nyamagabe, Nyarugenge na Musanze, aho abo bana bitabwaho nkuko abandi bana batari mu Igororero bitabwaho kuko uburenganzira bw’umwana aho ari hose buba bugomba kubahirizwa hatitawe ku mpamvu izo arizo zose, akaba ariyo mpamvu abana bari mu magororero bakurikiranwa kugirango batazasigara inyuma muri gahunda runaka ziba zibareba.
Hari abafatanyabikorwa bagira uruhare muri ibyo bikorwa byo gutuma abo bana bishima, aho babazanira ibikoresho bitandukanye birimo ibikinisho, imyenda, inkweto, amasabune ndetse bakabazanira amata, amaji, amandazi, ibisuguti n’amabombo ibintu abana bakunda bakerekwa urukundo kugirango barusheho kumva ko ari abana nk’abandi bana bose bari mumiryango batari mu buzima bw’Igororero.
Undi mwihariko wabaye ku Igororero rya Nyarugenge umuryango w’uvugabutumwa Good News, wahaye Noheri abasaza n’abanyantege nke barimo abagore batwite n’abana bose hamwe bagera kuri 700, babagenera impano zitandukanye zirimo, isukari amasabune, cologate, amavuta yo kwisiga, imyenda abana bagenerwa ibisuguti, amabombo na ji.
Igikorwa cyo guha abana noheri kandi kiba kireba n’abana baba mu Igororero rya Nyagatare baba barakoze ibyaha ariko kubera ko baba bataruzuza imyaka y’ubukure bagashyirwa ahantu bazakurikiranwa bagororwa kuko banakomeza amashuri.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.