Muri abo banyeshuri bari gukora ibyo bizamini harimo abana 5 bagororerwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare bari gukora ikizamini gisoza icyiciro rusange (Tronc Commun) bigaga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye, aho bari gukorana n’abandi banyeshuri baturutse mu bindi bigo bitandukanye kuri site y’ikizamini ya GS Nyagatare, aho bakunze gukorera ibizamini ku bana bagejeje igihe bijyanye n’imyaka baba bagezemo.
Abantu bashobora kwibaza uko umwana afungwa agakomeza akiga bikaba ngombwa ko anakora ibizamini bya Leta! Mubyukuri Igororero ry’abana rya Nyagatare rifite umwihariko wo kwakira abana baba baragonganye n’amategeko kubera ibyaha bakoze, ariko kubera ko baba bataruzuza imyaka y’ubukure ntabwo bajyanwa gufungirwa hamwe n’abakuze, niyo mpamvu iyi bageze mu Igororero bakomeza kwitabwaho, bagahabwa ubumenyi butandukanye mu rwego rwo kubitaho kuko baba bagikeneye kwitabwaho.
Ibyo bigishwa harimo imyuga n’ubumenyingiro, amashuri asanzwe yo kwiga amosomo atuma bakora ibizamini bya Leta nk’abandi bana biga muyandi mashuri asanzwe kuko bafite abarimu bafite ubushobozi bwo kubigisha ayo masomo, ndetse kubera kwitabwaho uko bikwiriye bitewe nuko umwanya munini usanga bari mumasomo abana batsinda neza cyane kuko kuva gahunda yo kubigisha bagategurwa gukora ikizamini cya Leta ntanumwe uragitsindwa.
Abana batangiye ikizamini cya Leta uyumunsi ni 05 b’igitsina gabo gusa, mu cyumweru cyatambutse hakaba harakoze abandi bana 19 bakoze ikizamini gisoza amashuri abanza harimo ab’igitsinagore 2 n’igitsinagabo 17.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.