Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abana 5 bagororerwa mu Igororero ry’Abana rya Nyagatare batangiye ikizamini cya Leza gisoza icyiciro rusange mumashuri yisumbuye

Muri abo banyeshuri bari gukora ibyo bizamini harimo abana 5 bagororerwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare bari gukora ikizamini gisoza icyiciro rusange (Tronc Commun) bigaga mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye, aho bari gukorana n’abandi banyeshuri baturutse mu bindi bigo bitandukanye kuri site y’ikizamini ya GS Nyagatare, aho bakunze gukorera ibizamini ku bana bagejeje igihe bijyanye n’imyaka baba bagezemo.

Abantu bashobora kwibaza uko umwana afungwa agakomeza akiga bikaba ngombwa ko anakora ibizamini bya Leta! Mubyukuri Igororero ry’abana rya Nyagatare rifite umwihariko wo kwakira abana baba baragonganye n’amategeko kubera ibyaha bakoze, ariko kubera ko baba bataruzuza imyaka y’ubukure ntabwo bajyanwa gufungirwa hamwe n’abakuze, niyo mpamvu iyi bageze mu Igororero bakomeza kwitabwaho, bagahabwa ubumenyi butandukanye mu rwego rwo kubitaho kuko baba bagikeneye kwitabwaho.

Ibyo bigishwa harimo imyuga n’ubumenyingiro, amashuri asanzwe yo kwiga amosomo atuma bakora ibizamini bya Leta nk’abandi bana biga muyandi mashuri asanzwe kuko bafite abarimu bafite ubushobozi bwo kubigisha ayo masomo, ndetse kubera kwitabwaho uko bikwiriye bitewe nuko umwanya munini usanga bari mumasomo abana batsinda neza cyane kuko kuva gahunda yo kubigisha bagategurwa gukora ikizamini cya Leta ntanumwe uragitsindwa.

Abana batangiye ikizamini cya Leta uyumunsi ni 05 b’igitsina gabo gusa, mu cyumweru cyatambutse hakaba harakoze abandi bana 19 bakoze ikizamini gisoza amashuri abanza harimo ab’igitsinagore 2 n’igitsinagabo 17.

 

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.