Categories: Amakuru ya RCSSlider

RCS Kubufatanye na DIDE, hasojwe amahugurwa ajyanye n’imyuga n’ubumenyingiro mumagororero

Ni amahugurwa yatangiye kuwa 11Nzeri 2023, agamije guhugura abagororwa  n’abakozi kubijyanye n’imyuga n’ubumenyingiro, yari amaze ibyumweru bitatu, aho abahuguwe bavuga ko impamba y’ubumenyi bakuye muri aya mahugurwa izabafasha nyuma yo gusoza ibihano ndetse n’abakozi bakavuga ko bizabafasha kwihangira imirimo bakaba bakwiteza imbere, bavuga ko ubumenyi ari ingirakamaro kumuntu wese ubwungutse biyemeza no kuzabusangiza abandi batagize amahirwe yo kwitabira ayo mahugurwa.

Mugusoza ayo mahugurwa ku Igororero rya Nyagatare, SP Richard Cyubahiro, Umuyobozi wungirije w’Igororero ry’abana rya Nyagatare, yashimiye abagororwa n’abakozi bayitabiriye abasaba ko ubumenyi bahawe bagomba kubusangiza abandi.

Yagize ati “ mwagize amahirwe yo gukurikirana amahugurwa ajyanye no gusudira no kudoda, ndabasaba ko ubumenyi mwungutse mutagumba kubwihererana mukazabusangiza n’abandi batabashije kwitabira kuko mwese ntabwo mwari kuyahererwa icyarimwe. Yakomeje ashimira umuryango DIDE watanze amahugurwa, kubazahugura abandi mumwuga w’ubudozi no gusudira, avuga ko iyo myuga uwayimenye imugirira akamaro.”

Murwego rwo kugaragaza ubushobozi kubyo bize bagaragaje bimwe mu byo bakoze muri icyo gihe cy’ibyumweru bitatu, birimo ibikoresho bikoreye bo ubwabo, bashimira ubuyobozi bwa RCS n’ubw’Amagororero budahwema kubitaho umunsi ku munsi bashigikira ihame ry’uburezi, kuko ari umusingi ukomeye mu buzima bwa muntu, ari nayo mpamvu leta y’u Rwanda ishishikajwe nuko abaturage bayo baba abantu bajijutse cyane biga umwuga kuko ari ingenzi.

Amahugurwa bakoraga yibandaga kubijyanye no Gusudira, gutunganya Imisatsi, ubudozi no kwigishwa uburyo bakwihangira imirimo biteza imbere, ndetse bakanateza imbere imiryango yabo n’Igihugu muri rusange.

Ibi ni bimwe mubyo bigaga mu gihe cy’ibyumweru bitatu bamaze bahugurwa.
Abahuguwe kubijyanye no gusudira berekanye ibyo bize muri icyo gihe cy’ibyumweru bitatu.
Abize ubudozi nabo bagaragaje uko ibyo byumweru bahuguwe byari Ingirakamaro kuribo.
Bize ubwoko butandukanye bugezweho bw’imidodere bukunzwe na benshi.
Ibi ni bimwe mu bikoresho bikoreshwa mu gutunganya imisatsi bakoreshaga.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.