Categories: Amakuru ya RCSSlider

RCS Kubufatanye na DIDE, hasojwe amahugurwa ajyanye n’imyuga n’ubumenyingiro mumagororero

Ni amahugurwa yatangiye kuwa 11Nzeri 2023, agamije guhugura abagororwa  n’abakozi kubijyanye n’imyuga n’ubumenyingiro, yari amaze ibyumweru bitatu, aho abahuguwe bavuga ko impamba y’ubumenyi bakuye muri aya mahugurwa izabafasha nyuma yo gusoza ibihano ndetse n’abakozi bakavuga ko bizabafasha kwihangira imirimo bakaba bakwiteza imbere, bavuga ko ubumenyi ari ingirakamaro kumuntu wese ubwungutse biyemeza no kuzabusangiza abandi batagize amahirwe yo kwitabira ayo mahugurwa.

Mugusoza ayo mahugurwa ku Igororero rya Nyagatare, SP Richard Cyubahiro, Umuyobozi wungirije w’Igororero ry’abana rya Nyagatare, yashimiye abagororwa n’abakozi bayitabiriye abasaba ko ubumenyi bahawe bagomba kubusangiza abandi.

Yagize ati “ mwagize amahirwe yo gukurikirana amahugurwa ajyanye no gusudira no kudoda, ndabasaba ko ubumenyi mwungutse mutagumba kubwihererana mukazabusangiza n’abandi batabashije kwitabira kuko mwese ntabwo mwari kuyahererwa icyarimwe. Yakomeje ashimira umuryango DIDE watanze amahugurwa, kubazahugura abandi mumwuga w’ubudozi no gusudira, avuga ko iyo myuga uwayimenye imugirira akamaro.”

Murwego rwo kugaragaza ubushobozi kubyo bize bagaragaje bimwe mu byo bakoze muri icyo gihe cy’ibyumweru bitatu, birimo ibikoresho bikoreye bo ubwabo, bashimira ubuyobozi bwa RCS n’ubw’Amagororero budahwema kubitaho umunsi ku munsi bashigikira ihame ry’uburezi, kuko ari umusingi ukomeye mu buzima bwa muntu, ari nayo mpamvu leta y’u Rwanda ishishikajwe nuko abaturage bayo baba abantu bajijutse cyane biga umwuga kuko ari ingenzi.

Amahugurwa bakoraga yibandaga kubijyanye no Gusudira, gutunganya Imisatsi, ubudozi no kwigishwa uburyo bakwihangira imirimo biteza imbere, ndetse bakanateza imbere imiryango yabo n’Igihugu muri rusange.

Ibi ni bimwe mubyo bigaga mu gihe cy’ibyumweru bitatu bamaze bahugurwa.
Abahuguwe kubijyanye no gusudira berekanye ibyo bize muri icyo gihe cy’ibyumweru bitatu.
Abize ubudozi nabo bagaragaje uko ibyo byumweru bahuguwe byari Ingirakamaro kuribo.
Bize ubwoko butandukanye bugezweho bw’imidodere bukunzwe na benshi.
Ibi ni bimwe mu bikoresho bikoreshwa mu gutunganya imisatsi bakoreshaga.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

18 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.