Categories: Amakuru ya RCS

Abagore bagororerwaga mu Igororero rya Muhanga bimuriwe mu rya Nyamagabe

Ni igikorwa giteganyijwe kuzamara iminsi ibiri, aho cyatangiye ku cyumweru taliki ya 15 kigasozwa kuwa 16 Mutarama 2023, abagore babaga mu Igororero rya Muhanga harimo n’abafite abana bose bagomba kuba bamaze kwimurirwa mu Igororero rya Nyamagabe, abagore bari kwimurwa ni 579 n’abana 48 babanaga na ba nyina imibare yatanzwe kuwa 14 Mutarama igikorwa kizatangira ku munsi ukurikira. atandatu bagororerwaga.

Mu Igororera rya Muhanga ahagororerwaga abagore haganewe abantu 1000, aho bimuriwe ku Igororero rya Nyamagabe hakaba hafite ubushobozi bungana naho bavuye ariko muri iyi nyubako nshya bimuriwemo hakaba harimo ibyangombwa byose nkenerwa, aribyo amacumbi, Irerero (ECD), aho kwigira imyuga n’ubumenyingiro (TVET) ibi bikazafasha abahagororerwa gutuma babasha kugira ubumenyi bunguka bategurwa gusubira mu buzima busanzwe.

Ubucucike mu igororerorya muhanga bwari kuri 175% ariko kubera iyimurwa ry’abagore buraza kumanuka bugere kuri 132% kuko aho babaga hagiye kwimurirwamo abagabo, Igororero rya Muhanga ryari ricumbikiye abagabo n’abagore 7.365 harimo abagabo 6.786 abagore 579 n’abana 48, nkuko imibare yo kuwa 14 Mutarama 2023 duheruka yabigaragazaga.

Inyubako nsha y’Igororero rya Nyamagabe yimuriwemo Abagore babaga mu Igororero rya Muhanga.
Igororero rya Nyamagabe rifite ibikoresho byose nkenerwa ndetse n’irerero.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.