Categories: Amakuru ya RCS

Urwego rwigihugu Rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS rwashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abacungagereza 71.

Ni ubwa mbere Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa RCS rushyira mu kiruhuko cy’izabukuru abacungagereza. Kuri uyu wa mbere abacungagereza 71 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru hakurikijwe itegeko ryihariye rigenga abacungagereza riteganya ko umucungagereza muto wo ku rwego rwa Wada cyangwa Caporal ugejeje ku myaka 40 ashyirwa mu kiruhko cy’izabukuru naho abafite ipeti rya Serija kugera kuri senior SGT basezererwa bagejeje kuri 45.  

Nkuko byatangajwe na Komiseri Mukuru wa RCS CGP George Rwigamba abacungagereza bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru bakoreye igihugu akazi gakomeye, ko kugorora abantu bakoze ibyaha babaubiza mu murongo maze abasezeranya ko aho bagiye, RCS izahora ibazirikana kandi ko uzacyenera ubufasha bw’ibitekerezo bwamufaha gusubira mu buzima busanzwe RCS izabumuha. CGP Rwigamba yabwiye abacungagereza basezerewe ko  bagomba guhabwa umushahara w’amezi cumi n’abiri ndetse no bagafashwa guhabwa ubundi burenganzira bagenerwa n’amategeko harimo nk’amafaranga y’ubwiteganuyirize bw’abakozi.

Uhagarariye abacungagereza baserewe mu kiruhuko Sinior Sergeant Gapfizi Justin yavuze ko bishimiye ko bashyizwe mu zabukuru basezererwa nk’abantu bakoreye igihugu, avuga kandi ko naho bagiye bazafatanya n’abandi banyarwanda kubaka igihugu. Sinior Sergeant Gapfizi Justin yavuze ko mu kazi hari ibyo batabashije kugeraho nko kugirango RCS ibe yakwihaza mu biganye n’umusaruro maze avuga ko yizeye barumuna be asize mu kazi ndetse n’abandi bazaza ko uwo muhigo bazawesa. Yanasabye bagenzi be kuba intangarugero aho bagiye kugirango batazisanga nabo bagororwa nkuko bari mu nshingano zabo kugorora abandi bakoze ibyaha.

Abacungagereza basezerewe haromo S/Sergeant 52, Sergeant 22,Caporal 16 ndetse nab a wada 8.    Kuba abacungagereza basezerewe, RCS iragenya ko igiye kwinjiza abandi bashya kugirango hatazabaho ikibazi cy’abakozi badahagije. RCS nk’Urwego rw’Umutekano ruhora rucyeneye amaraso mashya y’abantu bakiri bato. Ni muri urwo rwego ruteganya kandi kuzasezerera abacungagereza bo ku rwego rw’aba ofisiye 22 bagahabwa ikiruko cy’izabukuru.

rcspet

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.