Categories: Amakuru ya RCSSlider

Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi ugiye gukomereza aho Ubwami bw’ubuholande bwari bugejeje mu guteza imbere amashuri y’imyuga mu magororero

Komiseri Mukuru w’Urwego Rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora CGP Juvenal Marizamunda, yashimye Ubwami bw’Abaholande ku musanzu batanze mu kugorora, asaba Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi gukomereza aho bari bagejeje nabo bagashyiraho itafari ryabo.

Yagize ati ” Ndashimira Ubwami bw’Abaholande ku musanzu mwatanze mu kugorora, ibikorwa mwakoze byo kubaka amashuri y’imyuga n’ubumenyiro ni umusingi ukomeye mu kugorora, buri mwaka hari abasoza muri ayo mashuri bagahabwa impamyabushobozi, ubumenyi bakura hano buzabafasha kwiteza imbere n’imiryango yabo ndetse n’Igihugu, tugira abafatanyabikorwa batandukanye mu rugendo rwo kugorora harimo imiryango itandukanye nka Foundation DIDE, INTERPEACE ndetse n’imiryango ya Gatorika, mu mashuri yibanzweho cyane ni imyuga harimo ubudozi, gusudira, ubwubatsi, ubukanishi, ikoranabuhanga, gukora amazi, gukora amashanyarazi ndetse no gutunganya imisatsi, ni amasomo yigwa mu gihe gito kandi akaba azafasha abayize kwiteza imbere basubiye mu miryango yabo, Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora rufite ishingano zo kugorora no gutegura abakoze ibyaha gusubira mubuzima busanzwe, umuryango w’ubumwe bw’uburayi uje gukomereza aho ubuholande bwari bugejeje nawo turizera ko tuzagerana kuri byinshi mu bufatanye.”

MRs Michela TOMASELLA Umuyobozi w’itsinda ry’abaterankunga baturutse mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi yavuze ko gahunda bafite ari ugukomereza aho bagenzi babo bari bagejeje baharanira ko urugendo rwo kugorora rurushaho kugenda neza.

Yagize ati “ Abaholande ni Ubwami bubarizwa mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi, turizera ko tuzakorana neza mu kuzamura imyuga n’ubumenyingiro, kuba tuje gukomereza aho bari bagejeje no kureba ahandi twatanga ubufasha ni ibintu by’ingenzi kuritwe, turabizeza ko tuzakorana neza nkuko umushinga wari umaze kubaka byinshi natwe tuzakomerezaho ndetse n’ahandi hakenewe kuzamurwa naho tuhazamure mu bushobozi buzaboneka kuko twabonye ibikenewe gufashwamo ari byinshi nkuko twagiye tubibona ariko turizera ko tuzagerageza ariko twibanda ku kwigisha abarimu bazafasha abandi, mu gufasha abakoze ibyaha kubona ubumenyi buzabafasha basoje ibihano byabo, turabizeza ko bizagenda neza.”

Abagize  iri tsinda batemberejwe inyubako zigirwamo n’abari mu Igororero rya Nyarugenge mu mashami atandukanye gigirwamo imyuga itandukanye batangazwa n’ibikoresho bigezweho basanze muri ayo mashuri cyane nk’iryigirwamo ubukanishi bitewe n’ibikoresho bahasanzwe, kwigisha imyuga abari mu magororero ni gahunda Leta yashyizemo imbaraga mu rwego rwo kwirinda ubusubiracyaha ku bantu basoje ibihano kubera kubura icyo bakora bakongera kwishora mubyaha ariko umuntu ufite umwuga atabura icyo akora.

Itsinda ry’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi rigiye gukomereza aho Abaholande bari bagejeje bateza imbere amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro mu magororero.
Komiseri Mukuru w’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora yashimiye abaholande ku musanzu wabo mu kubaka amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro mu magororero.
Abakozi batandukanye b’Urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora batibiriye umuhango wo kwakira itsinda riturutse mu muryango w’Ubumwe bw’Uburayi mu bikorwa bitandukanye bya RCS.
Batemberejwe inyubako zitandukanye zigirwamo imyuga itandukanye zirimo n’ibikoresho bigezweho.
Aha bari bageze aho bigira gutunganya umusatsi n’ubwiza ku Igororero rya Nyarugenge.
Aha bari bageze mu nzu yigirwamo ubukanishi barikwerekwa bimwe mu bikoresho bitandukanye byigirwaho gukanika ibinyabiziga.
Batemberejwe ibice bitandukanye berekwa byinshi byagezweho mu gihe igihugu cyabaholande cyatangaga umusanzu wacyo.
Habayeho gufata ifoto y’urwibutso ku bari bari muri icyo gikorwa cyo kureba aho Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

17 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.