Categories: Amakuru ya RCS

U Burundi bugiye kwigira ku Rwanda uburyo abana bitabwaho mu magereza

20/02/2013 Bamwe mu bayobozi bakuru bashinzwe amagereza n’abandi bayobozi batandukanye mu Burundi bari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, baratangaza ko bafashe icyemezo cyo kwigira ku Rwanda uburyo rufata abana bari kugororerwa mu magereza.
Ibi babitangaje tariki 19/02/2013 nyuma yo gusura Gereza ya muhanga iri mu Karere ka Muhanga. Iyi gereza kuri ubu ikaba ifite ibyiciro bitandukanye by’imfungwa n’abagororwa, birimo abana bari munsi y’imyaka 18 abakuze barimo abagore n’abagabo.
Aba bayobozi bakuru babonye uburyo mu Rwanda aba bafungwa n’abagororwa by’umwihariko abana bafatwa, maze bafata icyemezo cyo kwigira ku Rwanda kuko rubafata bitandukanye n’uko bo babafata mu gihe bageze muri gereza.
Mu Rwanda gahunda ihari ni iyo kugorora abageze muri gereza kurusha uko bahanwa kuko ngo baba bazagera igihe bagasubira mu muryango nyarwanda aho bazongera bakabana n’ababo barahindutse.
Ibi akaba ari nabyo bikorwa no ku bana bato cyane ko Leta y’u Rwanda yabashyizeho umwihariko aho bagera mu magereza bagahabwa amasomo atandukanye bitewe n’ibyo buri wese ashoboye kandi yiyumvamo, byaba imyuga, amasomo asanzwe nk’aho usanga abacikije amasomo bayakomereza muri gereza nta kibazo.
Nk’uko bitangazwa na Minani Eduard, umujyanama wa Minisitiri w’ubutabera mu Burundi ngo bafashe icyemezo cyo gufatira urugero ku Rwanda aho nabo bagiye kubaka gereza ebyiri mu gihugu cyabo, aho izi gereza zizaba zihariwe n’abana gusa. Avuga ko nabo bazagerageza kujya bashaka uko babagorora aho kubahana gusa.

DK

Recent Posts

Ikoranabuhanga rya E-Huza ni imwe muri gahunda yo kwihutisha serivisi kubasura n’abasurwa

Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…

19 hours ago

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

This website uses cookies.