Nkuko ubuyobozi bw’Igorororero rya Rubavu bubivuga, ibi biri muri gahunda yashyizweho n’Igororero murwego rwo kurushaho kw’imakaza ubumwe bw’Abanyarwanda.
Ubuyobozi buragira buti” mu byukuri iyi ni gahunda yatekerejweho n’ubuyobozi bw’Igororero rya Rubavu, mu rwego rwo kwigisha abantu bafunzwe kwirinda ivangura n’amacakubiri aho byaturuka hose.
Mu bizibandwaho mu gikorwa kizamara ukwezi, harimo ibiganiro bitandukanye bijyanye nubumwe nubwiyunge na ndi umunyarwanda, inyigishyo n’indirimbo zitandukanye zahimbwe n’amatsinda atandukanye z’ubumwe n’ubwiyunge ndetse n’izimakaza gahunda ya ndi umunyarwanda.
Iyi gahunda ni gahunda yashyizweho na Leta y’u Rwanda mu rwego rwo kwirinda, guhashya no gukumira amacakubiri hirindwa icyatuma abanyarwanda bongera kurangwa n’amacakubiri yatumye imbaga y’Abatutsi basaga Miliyoni bicwa muri Genoside yakorewe Abatutsi mata 1994.
Aba ni Abagororwa n’Abafungwa b’Igororero rya Rubavu bari muri gahunda ya Ndi Umunyarwanda.
Ibikorwa bya Ndi Umunyarwanda bituma abari mu igororero babasha kwiyumvanamo.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.