Categories: Amakuru ya RCSSlider

RCS yibutse kunshuro ya 29 abari abakozi ba za Gereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Ni igikorwa cyabimburiwe no gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali aho abakozi ba RCS, abaje kwibuka, bagiye basobanurirwa amateka atandukanye yaranze u Rwanda kugeza muri Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye inzirakarengane z’Abatutsi zisaga miliyoni, basuye ibice byose bigize Urwibutso, bunamira abarushyinguyemo bashyira indabo ku mva mu rwego rwo kubibuka.

Komiseri Mukuru wa RCS CG Juvenal Marizamunda, yavuze ko kuba hari abakozi b’amagereza bishwe muri jenoside yakorerewe Abatutsi ari imbaraga igihugu cyabuze kikaba ari n’icyuho gikomeye basize mu kugorora.

Yagize ati”Kugeza ubu mu makuru yakusanyijwe twamenye Abakozi 18 bishwe muri 1994 bazira ko bari Abatutsi bari abakozi ba za Gereza, nk’uko amazina yabo agaragara hano imbere yacu tukaba uyu munsi twafashe umwanya ngo twongere tubibuke ariko tunazirikana n’abandi bose bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, tukaba rero twihanganisha abarokotse bo mu miryango yabo, nk’uko no mubihe byatambutse twabikoze tukaba tuzakomeza kubafata mu mugongo uko dushoboye tubaremera, kuba abakozi b’amagereza barishwe ni imbaraga igihugu cyatakaje, bakaba barasize icyuho kinini mu mwuga wo kugorora, akaba ariyo mpamvu tuzirikana amateka yabo, mu rwego rwo kubaha agaciro bambuwe n’abacuze ba kanashyira mu bikorwa umugambi wa jenoside yakorewe Abatutsi, ukaba ari nawo mwanya wo kwibutsa Abakozi b’Umwuga b’urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora  ko iki ari igihe cyo gukora cyane ngo twuse ikivi cyasizwe nabo.”

Yakomeje avuga ko kwibibuka abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside ari uburyo bwo kubasubiza agaciro bavukijwe hakumirwa icyo ari cyo cyose cyaganisha ku ivangura, amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside duharanira iterambere ry’igihugu rizira amacakubiri duharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.

Batemberejwe ibice bitandukanye by’Urwibutso basobanukirwa amateka atandukanye.

Aha komiseri mukuru w’Urwego rw’Urwanda rushinzwe Igorora asiga inkunga mu isanduku yabugenewe.

CG Juvenal Marizamunda Komiseri mukuru wa RCS, asinya mu gitabo cy’abasura urwibutso.

Abasuye Urwibutso basoje,

bafashe ifoto y’Urwibutso.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.