Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

RCS yibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994

Abakozi b’urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora RCS, abagororwa n’abantu bafunzwe mu magororero atandukanye hirya no hino mu Gihugu, bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

Share this Post

Mu Rwanda no mu mahanga taliki 07 Mata buri mwaka ni igihe cyahariwe gutangiza igikorwa cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, aho icyo gikorwa kimara iminsi ijana (100 ) mu rwego kubunamira no kubasubiza agaciro bambuwe bakicwa urupfu rw’agashinyaguro bazira uko baremwe kubera ivangura bazaniwe n’abazungu rikababibamo amacakuri yagejeje u Rwanda n’abanyarwanda kuri Jenoside.

Mu magororero yose ari mu gihugu, igihe cyo kwibuba abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 naho baha agaciro icyo gikorwa kuko mu bari muri ayo magororero haba harimo abayirokotse, hakabamo n’abayigizemo uruhare ndetse n’urubyiruko rwavutse nyuma yayo.

Uru rubyiruko ruri mu magororero narwo rukeneye kumenya amateka yaranze u Rwanda n’abanyarwanda kugirango bayakuremo inyigisho ndetse n’inkomezi bizabafasha kumenya uko bakwirinda icyatuma hongera kubaho amateka nkayo maze bakazanayasangiza abazabakomokaho.

Intego yo kwibuka ni ukugira ngo amateka mabi yaranze u Rwanda n’abanyarwanda atazibagirana, ari nayo mpamvu intego nyamukuru ari ukwibuka twiyubaka twirinda ikintu cyose cyakongera gusenya ubumwe bw’abanyarwanda.

Abagororwa bo mu Igororero rya Nyamagabe bibutse ku Nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Mu magororero harimo ingeri zose, urubyiruko, abantu bakuze bamwe banabaye muri ibyo bihe bya Jenoside.
Aha ni mu Igororero rya Nyanza mu gikorwa cyo kwibuka Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 31.
Mu Igororero rya Ngoma nabo bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ku ishuri rya RCS i Rwamagana nabo bibutse ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form