Categories: Amakuru ya RCSSlider

RCS yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda

Ibikubiye  muri aya masezerano ni ubufatanye buzibanda ku bushakashatsi (technological research), kongerera Abakozi ubumenyi n’ubushobozi (Capacity building, Training and technical assistance) kumenyekanisha ibikorwa hagamijwe gushaka amasoko (marketing) no kumenyekanisha ibintu bitandukanye RCS ikora, hakabamo bubafasha kubona amamashini n’ibindi bikoresho bikoreshwa mu kazi gatandukanye, gushakisha amikoro azifashishwa muri ubwo bushakashatsi ndetse n’ubufatanye mu gutegura, gushyira mu bikorwa no guteza imbere imishinga itandukanye bazaba bafatanyije.

Mu migendekere myiza no gushyira mu bikorwa aya masezerano, hazibandwa ku mirimo isaba abakozi benshi ndetse n’Inganda ziciriritse harimo nk’ububumbyi n’ubudozi, hagamijwe kubyaza umusaruro amahirwe RCS ifite yubakiye ku bakozi benshi bashobora kubonekera bitagoranye kandi bari hamwe banafite ubumenyi bunyuranye buzaba bukenewe cyane muri ubwo bushakashatsi buzaba buri gukorwa.

CGP Juvenal Marizamunda, yavuze ko mu bakozi bafite bari mu buryo bubiri aribo abafunzwe n’abakozi b’urwego, Igihugu gitakaza ingengo y’imari nyinshi mu kwita ku bantu bafunzwe niyo mpamvu nabo bagomba kugira umusanzu wabo  batanga mu bikorwa bitandukanye kuko Leta nayo iba yabitayeho uko bishoboka.

Impande zose zaganiriye ku bufatanye ndetse n’umumaro w’aya masezerano yasinywe n’ibigo bibiri.
Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Urwanda rushinzwe Igorora arikumwe n’umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubushakashatsi.
Umuyobozi Mukuru wa NIRDA Dr.Christian Sekomo Birame asinya ku masezerano.
Komiseri Mukuru w’Urwego rw’Urwanda Rushinzwe Igorora CGP Juvenal Marizamunda asinya amasezerano y’ubufatanye na NIRDA.

Nyuma yo gusinya amasezerano y’ubufatanye abitabiriye uyu muhango bafashe ifoto y’urwibutso.

Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

8 hours ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

1 week ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

This website uses cookies.