Categories: Amakuru ya RCSSlider

Minisitiri Biruta yifatanyije n’inzego z’umutekano, inzego z’ibanze n’abaturage, batera ibiti mu Karere ka Gatsibo

Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Dr Vicent Biruta, yayoboye iki gikorwa mu Karere ka Gatsibo mu murenge wa Nyagihanga. Nyuma y’iki gikorwa abari bacyitabiriye bagize umwanya wo kuganirizwa nawe maze ababwira ko mu byo bakora byose umutekano ugomba kuza ku isonga; yababwiye kandi ko iterembere ry’Igihugu ritagerwaho nta mutekano uhari kandi ko ntabandi bazabigiramo uruhare atari bo ubwabo. Yasoje abashimira umusanzu wabo mu guharanira iterambere ry’Igihugu cyabo ndetse anabashimira ko bitabiriye igikorwa cyo gutera ibiti mu rwego rwo kurengera ibidukikije.

Mu karere ka Nyanza, CG Evariste Murenzi, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ni we wayoboye icyo gikorwa batera ibiti mu murenge wa busasamana. DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, umuyobozi wungirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi muri Polisi y’u Rwanda yayoboye iki gikorwa mu Karere ka Nyamasheke mu murenge wa Macuba naho Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’umutekano mu Gihugu Sesonga Benjamin nawe iki gikorwa akiyobora mu Karere ka Musanze. Aha hose inzego z’umutekano, abayobozi mu nzego z’ibanze n’abaturage bari bitabiriye ku bwinshi.

Ibiti byatewe kuri uyu munsi byose hamwe muri utwo turere uko ari 04 ni 23016, ibi bikaba biri muri gahunda ya Leta yiyemeje yo kurengera ibidukikije kandi abaturage ubwabo nibo bagomba kubigiramo uruhare kuko aribo mbaraga igihugu gifite.

Nyuma y’igikorwa cyo gutera ibiti Minisitiri Biruta yaganirije abitabiriye icyo gikorwa anabashimira uruhare rwabo mu iterambere ry’Igihugu.
Aho igikorwa cyo gutera igiti cyabereye mu murenge wa Nyagihanga, baganira ku kamaro ko kurengera ibidukikije.
CG Evariste Murenzi yakoreye umuganda mu karere ka Nyanza mu murenge wa Busasamana arikumwe n’inzego zitandukanye.
Ni igikorwa cyitabiriwe n’inzego zose cyane iz’Umutekano kuko ibidukikije nabyo biba bikenewe kubungwabungwa.
DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi, ubwo yateraga igiti mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Macuba.
Inzego zose zari zihagarariwe muri iki gikorwa cyo gutera igiti kuri za site zitandukanye.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.