Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Minisitiri Biruta yifatanyije n’inzego z’umutekano, inzego z’ibanze n’abaturage, batera ibiti mu Karere ka Gatsibo

Mu turere tune(04) aritwo Gatsibo, Musanze, Nyanza na Nyamasheke, uyu munsi taliki ya 23 Ugushyingo 2024, habereye igikorwa cyo gutera ibiti cyateguwe na Minisiteri y’umutekano mu Gihugu n’inzego ziyishamikiyeho mu rwego rwo kurengera ibidukikije.

Share this Post

Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Dr Vicent Biruta, yayoboye iki gikorwa mu Karere ka Gatsibo mu murenge wa Nyagihanga. Nyuma y’iki gikorwa abari bacyitabiriye bagize umwanya wo kuganirizwa nawe maze ababwira ko mu byo bakora byose umutekano ugomba kuza ku isonga; yababwiye kandi ko iterembere ry’Igihugu ritagerwaho nta mutekano uhari kandi ko ntabandi bazabigiramo uruhare atari bo ubwabo. Yasoje abashimira umusanzu wabo mu guharanira iterambere ry’Igihugu cyabo ndetse anabashimira ko bitabiriye igikorwa cyo gutera ibiti mu rwego rwo kurengera ibidukikije.

Mu karere ka Nyanza, CG Evariste Murenzi, Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ni we wayoboye icyo gikorwa batera ibiti mu murenge wa busasamana. DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, umuyobozi wungirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi muri Polisi y’u Rwanda yayoboye iki gikorwa mu Karere ka Nyamasheke mu murenge wa Macuba naho Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’umutekano mu Gihugu Sesonga Benjamin nawe iki gikorwa akiyobora mu Karere ka Musanze. Aha hose inzego z’umutekano, abayobozi mu nzego z’ibanze n’abaturage bari bitabiriye ku bwinshi.

Ibiti byatewe kuri uyu munsi byose hamwe muri utwo turere uko ari 04 ni 23016, ibi bikaba biri muri gahunda ya Leta yiyemeje yo kurengera ibidukikije kandi abaturage ubwabo nibo bagomba kubigiramo uruhare kuko aribo mbaraga igihugu gifite.

Nyuma y’igikorwa cyo gutera ibiti Minisitiri Biruta yaganirije abitabiriye icyo gikorwa anabashimira uruhare rwabo mu iterambere ry’Igihugu.
Aho igikorwa cyo gutera igiti cyabereye mu murenge wa Nyagihanga, baganira ku kamaro ko kurengera ibidukikije.
CG Evariste Murenzi yakoreye umuganda mu karere ka Nyanza mu murenge wa Busasamana arikumwe n’inzego zitandukanye.
Ni igikorwa cyitabiriwe n’inzego zose cyane iz’Umutekano kuko ibidukikije nabyo biba bikenewe kubungwabungwa.
DIGP Jeanne Chantal Ujeneza, umuyobozi mukuru wa Polisi wungirije ushinzwe imiyoborere n’abakozi, ubwo yateraga igiti mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Macuba.
Inzego zose zari zihagarariwe muri iki gikorwa cyo gutera igiti kuri za site zitandukanye.
No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form