Nkuko biheruka gusohoka mubyemezo by’inama y’abaminisitiri iheruka guterana kuwa 05 Kamena 2023, igaha abayobozi batandukanye inshingano nshya, uyumunsi habayeho umuhango wo kurahiza abahawe inshingano nsha, barahizwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, nkuko bisanzwe bigenda ku bayobozi bahawe inshingano, babirahirira bagiye gutangira.
Muri uwo muhango nyakubahwa Perezida wa Repubulika yabwiye abarahiriye inshingano nsha bahawe ko bagomba kumva uburemere bwazo kuko ibyo bakora babikorera Igihugu n’Abanyarwanda.
Yagize ati “ Ndagirango mbanze nshimire abamaze kurahira kuba bemeye inshingano zindi nsha bakava kuzari zisanzwe, kuko bari bafite izindi, nta gishya umugambi n’umwe ni ugukorera igihugu, iteka aho umuntu aba agiye hose cyangwa aho aba asanzwe imirimo ni ukuyikora neza uko bishoboka, twumva uburemere bw’izo nshingano kuko hafi byose cyangwa byinshi tuba tubikorera igihugu n’abanyarwanda binyuze mu bufatanye mu nzego zitandukanye kugira ngo igihugu kigezweho ibyo kiba cyiteze kuri abo bayobozi.”
Iyo hari abayobozi bahinduriwe inshingano mu nzego nkuru bikemezwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, abahawe izo nshingano baba bagomba kuzirahirira murwego rwo guhamya ko bazazitunganya uko bikwiye akaba ariyo mpamvu habaho indahiro imbere y’Umukuru w’Igihugu.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.