Nkuko biheruka gusohoka mubyemezo by’inama y’abaminisitiri iheruka guterana kuwa 05 Kamena 2023, igaha abayobozi batandukanye inshingano nshya, uyumunsi habayeho umuhango wo kurahiza abahawe inshingano nsha, barahizwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, nkuko bisanzwe bigenda ku bayobozi bahawe inshingano, babirahirira bagiye gutangira.
Muri uwo muhango nyakubahwa Perezida wa Repubulika yabwiye abarahiriye inshingano nsha bahawe ko bagomba kumva uburemere bwazo kuko ibyo bakora babikorera Igihugu n’Abanyarwanda.
Yagize ati “ Ndagirango mbanze nshimire abamaze kurahira kuba bemeye inshingano zindi nsha bakava kuzari zisanzwe, kuko bari bafite izindi, nta gishya umugambi n’umwe ni ugukorera igihugu, iteka aho umuntu aba agiye hose cyangwa aho aba asanzwe imirimo ni ukuyikora neza uko bishoboka, twumva uburemere bw’izo nshingano kuko hafi byose cyangwa byinshi tuba tubikorera igihugu n’abanyarwanda binyuze mu bufatanye mu nzego zitandukanye kugira ngo igihugu kigezweho ibyo kiba cyiteze kuri abo bayobozi.”
Iyo hari abayobozi bahinduriwe inshingano mu nzego nkuru bikemezwa na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, abahawe izo nshingano baba bagomba kuzirahirira murwego rwo guhamya ko bazazitunganya uko bikwiye akaba ariyo mpamvu habaho indahiro imbere y’Umukuru w’Igihugu.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.