Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Nyarugenge, abagororwa 115 basoje icyiciro cya gatatu cy’inyigisho za mvurankuvure

Uyu munsi wa 12 Nzeri 2024, mu Igororero rya Nyarugenge riherereye mu Mujyi wa Kigali, habareye ibirori byo gusoza inyigisho za mvurankuvure icyiciro cya gatatu, ku bagororwa 115 bari bamaze igihe kigera kumwaka biga.

Share this Post

Mvurankuvure ni inyigisho z’isanamitima zifasha abagorororwa n’abantu bafunze gutekereza ku byaha bakoze no kwicuza, bikazabafasha kubana neza n’abandi no kudakora insubiracyaha, mu gihe basoje ibihano bakatiwe, basubiye mu miryango yabo. Ni umuhango witabiriwe n’abafatanyabikorwa muri aya masomo baturutse mu Muryango ‘Prison fellowship.

‘Prison fellowship Rwanda’ ni Umuryango utegamiye kuri Leta, ugira uruhare mu ifashamyumvire no guhindura abafite intekerezo mbi, binyuze mu kubaka amahoro, kubaka imibereho myiza, guharanira ubutabera, ndetse no gutanga inyigisho zifasha abantu kwihangana, hifashishijwe Iyobokamana.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form