Categories: Amakuru ya RCSSlider

Muri Gereza y’Abana ya Nyagatare abana bigishwa imyuga itandukanye mu kubatoza kwihangira umurimo

Iyo abo bana bamaze kugera muri gereza, habaho igihe cyo kubanza kubategura mumutwe bijyanye nuko baba bagifite ubwonko butarakomera bijyanye n’imyaka yabo, hari ababa bashinzwe kubaganiriza bakababa hafi mu buryo bwo kubereka ko aho bagiye ubuzima bukomeza batagiye gupfa ahubwo basanze abandi bantu kandi banabafitiye impuhwe za kibyeyi, bahabwa umwanya wo kuganira n’ababitaho bakabisanzuraho bakababaza ibibazo bafite byose ndetse nabo bakabasobanurira ibijyanye n’urugendo rusha baba batangiye batari bazi ibyo bigatuma babashya kwiyakira vuba.

Nyuma y’igihe runaka abana bihitishwamo ibyo bakwiga mu gihe bazaba bari gukora igihano yahawe muri n’urukiko, hari amashuri asanzwe nkuko n’abandi bose biga mu mashuri asanzwe ndetse bakanakora ibizamini bya Leta, hakaba imyuga itandukanye ifasha abo bana kubategura kuzasubira mu buzima busanzwe hari icyo babashya kwikorera bakaba bakwiteza imbere ntibabe umutwaro muri sosiyete. Imyuga bigishwa ni kubaza, kubaka, gusudira, kudoda, gutunganya imisatsi hakiyongeraho n’amashuri asanzwe kugera mu cyiciro rusange.

Muri gereza iyo ugezemo usanga buri mwana wese afite ibyo ahugiyemo kandi ukanabona ko bose bashishikajwe nabyo banabyishimiye, ibi kandi ni uburyo bwiza bwo kwita ku Banyarwanda muri gahunda yo kujijura abaturage b’igihugu bahabwa ubumenyi butandukanye cyane cyane ubumenyingiro.

Mu myuga bigishwa hari kubaka inyubako zitandukanye ndetse zinagezweho muri iki gihe.
Umwuga w’ububaji abana usanga bawiga bawishimiye ndetse banakora ibikoresho byiza.
Biga gusudira ibikoresho bitandukanye byifashishwa mu bwubatsi.
Biga gutunganya umusatsi ndetse no kogoshya inyogosho zigezweho.

Imyenda ijyanye n’igihe nayo abana ba Gereza ya Nyagatare nayo biga kuyidoda.

Bagira n’asomo asanzwe yo mu ishuri ndetse bakanakora ibizamini bya Leta nk’andi mashuri asanzwe.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.