Categories: Amakuru ya RCSSlider

Muri Gereza y’Abana ya Nyagatare abana bigishwa imyuga itandukanye mu kubatoza kwihangira umurimo

Iyo abo bana bamaze kugera muri gereza, habaho igihe cyo kubanza kubategura mumutwe bijyanye nuko baba bagifite ubwonko butarakomera bijyanye n’imyaka yabo, hari ababa bashinzwe kubaganiriza bakababa hafi mu buryo bwo kubereka ko aho bagiye ubuzima bukomeza batagiye gupfa ahubwo basanze abandi bantu kandi banabafitiye impuhwe za kibyeyi, bahabwa umwanya wo kuganira n’ababitaho bakabisanzuraho bakababaza ibibazo bafite byose ndetse nabo bakabasobanurira ibijyanye n’urugendo rusha baba batangiye batari bazi ibyo bigatuma babashya kwiyakira vuba.

Nyuma y’igihe runaka abana bihitishwamo ibyo bakwiga mu gihe bazaba bari gukora igihano yahawe muri n’urukiko, hari amashuri asanzwe nkuko n’abandi bose biga mu mashuri asanzwe ndetse bakanakora ibizamini bya Leta, hakaba imyuga itandukanye ifasha abo bana kubategura kuzasubira mu buzima busanzwe hari icyo babashya kwikorera bakaba bakwiteza imbere ntibabe umutwaro muri sosiyete. Imyuga bigishwa ni kubaza, kubaka, gusudira, kudoda, gutunganya imisatsi hakiyongeraho n’amashuri asanzwe kugera mu cyiciro rusange.

Muri gereza iyo ugezemo usanga buri mwana wese afite ibyo ahugiyemo kandi ukanabona ko bose bashishikajwe nabyo banabyishimiye, ibi kandi ni uburyo bwiza bwo kwita ku Banyarwanda muri gahunda yo kujijura abaturage b’igihugu bahabwa ubumenyi butandukanye cyane cyane ubumenyingiro.

Mu myuga bigishwa hari kubaka inyubako zitandukanye ndetse zinagezweho muri iki gihe.
Umwuga w’ububaji abana usanga bawiga bawishimiye ndetse banakora ibikoresho byiza.
Biga gusudira ibikoresho bitandukanye byifashishwa mu bwubatsi.
Biga gutunganya umusatsi ndetse no kogoshya inyogosho zigezweho.

Imyenda ijyanye n’igihe nayo abana ba Gereza ya Nyagatare nayo biga kuyidoda.

Bagira n’asomo asanzwe yo mu ishuri ndetse bakanakora ibizamini bya Leta nk’andi mashuri asanzwe.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.