Amadini n’amatorero agira uruhare runini muri gahunda zitandukanye zijyanye no kugorora hashingiwe ku nshingano z’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora zo kwita ku muntu wese wazanywe mu Igororero biturutse ku mpamvu zitandukanye zemezwa n’ibyemezo by’inkiko. Uyu muntu wakiriwe mu igororero arakurikiranywa kugeza igihe asoreje urugendo rwe rw’igihe cyagenwe agomba kuba ari mu Igororero ari rwo rwitwa “urugendo rwo kugorora”.
Iyo abantu bumvise kugorora ntabwo bahita basobanukirwa ibyo aribyo ariko birumvikana; kugorora ni urugendo ruhera aho umuntu wagonganye n’amategeko agahabwa igihano cyo kimujyana mu igororero mu gihe iki n’iki. Hatangira yigishwa ububi bw’ibyaha hagamijwe kumutegura kuzasubira mu muryango nyarwanda yarahindutse kuko hari n’abakora ibyaha batazi ko ari ibyaha. Muri urwo rugendo rero niho amadini n’amatorero ndetse n’indi miryango itandukanye izira ikagira uruhare mu kwita kuri abo baba baragonganye n’amategeko bagahabwa inyigisho zibahindura ndetse hakiyongeraho n’ubumenyi bahabwa butandukanye burimo kwigishwa imyuga n’ubumenyingiro bikazabafasha kwibeshaho basoje ibihano.
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
This website uses cookies.