Amadini n’amatorero agira uruhare runini muri gahunda zitandukanye zijyanye no kugorora hashingiwe ku nshingano z’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora zo kwita ku muntu wese wazanywe mu Igororero biturutse ku mpamvu zitandukanye zemezwa n’ibyemezo by’inkiko. Uyu muntu wakiriwe mu igororero arakurikiranywa kugeza igihe asoreje urugendo rwe rw’igihe cyagenwe agomba kuba ari mu Igororero ari rwo rwitwa “urugendo rwo kugorora”.
Iyo abantu bumvise kugorora ntabwo bahita basobanukirwa ibyo aribyo ariko birumvikana; kugorora ni urugendo ruhera aho umuntu wagonganye n’amategeko agahabwa igihano cyo kimujyana mu igororero mu gihe iki n’iki. Hatangira yigishwa ububi bw’ibyaha hagamijwe kumutegura kuzasubira mu muryango nyarwanda yarahindutse kuko hari n’abakora ibyaha batazi ko ari ibyaha. Muri urwo rugendo rero niho amadini n’amatorero ndetse n’indi miryango itandukanye izira ikagira uruhare mu kwita kuri abo baba baragonganye n’amategeko bagahabwa inyigisho zibahindura ndetse hakiyongeraho n’ubumenyi bahabwa butandukanye burimo kwigishwa imyuga n’ubumenyingiro bikazabafasha kwibeshaho basoje ibihano.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.