Amadini n’amatorero agira uruhare runini muri gahunda zitandukanye zijyanye no kugorora hashingiwe ku nshingano z’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora zo kwita ku muntu wese wazanywe mu Igororero biturutse ku mpamvu zitandukanye zemezwa n’ibyemezo by’inkiko. Uyu muntu wakiriwe mu igororero arakurikiranywa kugeza igihe asoreje urugendo rwe rw’igihe cyagenwe agomba kuba ari mu Igororero ari rwo rwitwa “urugendo rwo kugorora”.
Iyo abantu bumvise kugorora ntabwo bahita basobanukirwa ibyo aribyo ariko birumvikana; kugorora ni urugendo ruhera aho umuntu wagonganye n’amategeko agahabwa igihano cyo kimujyana mu igororero mu gihe iki n’iki. Hatangira yigishwa ububi bw’ibyaha hagamijwe kumutegura kuzasubira mu muryango nyarwanda yarahindutse kuko hari n’abakora ibyaha batazi ko ari ibyaha. Muri urwo rugendo rero niho amadini n’amatorero ndetse n’indi miryango itandukanye izira ikagira uruhare mu kwita kuri abo baba baragonganye n’amategeko bagahabwa inyigisho zibahindura ndetse hakiyongeraho n’ubumenyi bahabwa butandukanye burimo kwigishwa imyuga n’ubumenyingiro bikazabafasha kwibeshaho basoje ibihano.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.