Amadini n’amatorero agira uruhare runini muri gahunda zitandukanye zijyanye no kugorora hashingiwe ku nshingano z’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe igorora zo kwita ku muntu wese wazanywe mu Igororero biturutse ku mpamvu zitandukanye zemezwa n’ibyemezo by’inkiko. Uyu muntu wakiriwe mu igororero arakurikiranywa kugeza igihe asoreje urugendo rwe rw’igihe cyagenwe agomba kuba ari mu Igororero ari rwo rwitwa “urugendo rwo kugorora”.
Iyo abantu bumvise kugorora ntabwo bahita basobanukirwa ibyo aribyo ariko birumvikana; kugorora ni urugendo ruhera aho umuntu wagonganye n’amategeko agahabwa igihano cyo kimujyana mu igororero mu gihe iki n’iki. Hatangira yigishwa ububi bw’ibyaha hagamijwe kumutegura kuzasubira mu muryango nyarwanda yarahindutse kuko hari n’abakora ibyaha batazi ko ari ibyaha. Muri urwo rugendo rero niho amadini n’amatorero ndetse n’indi miryango itandukanye izira ikagira uruhare mu kwita kuri abo baba baragonganye n’amategeko bagahabwa inyigisho zibahindura ndetse hakiyongeraho n’ubumenyi bahabwa butandukanye burimo kwigishwa imyuga n’ubumenyingiro bikazabafasha kwibeshaho basoje ibihano.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.