Categories: Amakuru ya RCSSlider

Munsenyeri Ntivuguruzwa yatuye igitambo cya Misa mu Igororero rya Nyanza, we n’itsinda ryamuherekeje babasigira ibikoresho byo kwifashisha

Ni umuhango wabaye kuri iki cyumweru, mu rwego rwa gahunda zo kugorora nk’uko bimaze kumenyerwa ko abanyamadini n’amatorero bagira uruhare runini muri gahunda zo kugorora babinyujije mu nyigisho z’ivugabutumwa, bigisha ijambo ry’Imana igihe  babisabiye uburenganzira bakajya mu magororero atandukanye kugirango  bagafasha abari kugororwa kumenya byinshi ku nkuru nziza ya Kristo ndetse n’abatemera Kristo nk’abo mu idini ya Isilamu nabo bagahabwa umwanya wabo ubagenewe igihe babisabye.

Nk’uko ijambo ry’Imana ribivuga kubaryemera bakaryizera ko “kwizera kutagira ibikorwa kuba gupfuye” ni I yo mpamvu amadini n’amatorero iyo agiye kuvuga ubutumwa mu magororero akenshi bakunda kwitwaza inkunga y’ibikoresho bikenerwa mu buzima bwa buri munsi birimo iby’suku, imyenda n’ibindi umuntu akenera kuko haba harimo abantu batandukanye badafite ubushobozi bwo kuba bakwibonera ibyo bikoresho.

Nyuma yo gusoma Misa, Munsenyeri n’itsinda ryari rimuherekeje basuye abarwayi mu rwego rwo kubereka urukundo babaha amasakaramento ry’abarwayi, basiga n’inkunga y’ibiribwa, inkweto, imyambaro n’ibikoresho by’isuku bifite agaciro ka miliyoni 15,471,500 Frw.

Munsenyeri Ntivuguruzwa Bartazar, ubwo yahabwaga impano n’Umuyobozi w’Igororero rya Nyanza SSP Alex Murenzi mu izina ry’abagororerwa muri iryo gororero.
Abagororerwa mu Igororero rya Nyanza bishimiye uruzinduko rwa Munsenyeri Bartazar.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.