Ni umuhango wabaye kuri iki cyumweru, mu rwego rwa gahunda zo kugorora nk’uko bimaze kumenyerwa ko abanyamadini n’amatorero bagira uruhare runini muri gahunda zo kugorora babinyujije mu nyigisho z’ivugabutumwa, bigisha ijambo ry’Imana igihe babisabiye uburenganzira bakajya mu magororero atandukanye kugirango bagafasha abari kugororwa kumenya byinshi ku nkuru nziza ya Kristo ndetse n’abatemera Kristo nk’abo mu idini ya Isilamu nabo bagahabwa umwanya wabo ubagenewe igihe babisabye.
Nk’uko ijambo ry’Imana ribivuga kubaryemera bakaryizera ko “kwizera kutagira ibikorwa kuba gupfuye” ni I yo mpamvu amadini n’amatorero iyo agiye kuvuga ubutumwa mu magororero akenshi bakunda kwitwaza inkunga y’ibikoresho bikenerwa mu buzima bwa buri munsi birimo iby’suku, imyenda n’ibindi umuntu akenera kuko haba harimo abantu batandukanye badafite ubushobozi bwo kuba bakwibonera ibyo bikoresho.
Nyuma yo gusoma Misa, Munsenyeri n’itsinda ryari rimuherekeje basuye abarwayi mu rwego rwo kubereka urukundo babaha amasakaramento ry’abarwayi, basiga n’inkunga y’ibiribwa, inkweto, imyambaro n’ibikoresho by’isuku bifite agaciro ka miliyoni 15,471,500 Frw.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.