Categories: Amakuru ya RCSSlider

Munsenyeri Ntivuguruzwa yatuye igitambo cya Misa mu Igororero rya Nyanza, we n’itsinda ryamuherekeje babasigira ibikoresho byo kwifashisha

Ni umuhango wabaye kuri iki cyumweru, mu rwego rwa gahunda zo kugorora nk’uko bimaze kumenyerwa ko abanyamadini n’amatorero bagira uruhare runini muri gahunda zo kugorora babinyujije mu nyigisho z’ivugabutumwa, bigisha ijambo ry’Imana igihe  babisabiye uburenganzira bakajya mu magororero atandukanye kugirango  bagafasha abari kugororwa kumenya byinshi ku nkuru nziza ya Kristo ndetse n’abatemera Kristo nk’abo mu idini ya Isilamu nabo bagahabwa umwanya wabo ubagenewe igihe babisabye.

Nk’uko ijambo ry’Imana ribivuga kubaryemera bakaryizera ko “kwizera kutagira ibikorwa kuba gupfuye” ni I yo mpamvu amadini n’amatorero iyo agiye kuvuga ubutumwa mu magororero akenshi bakunda kwitwaza inkunga y’ibikoresho bikenerwa mu buzima bwa buri munsi birimo iby’suku, imyenda n’ibindi umuntu akenera kuko haba harimo abantu batandukanye badafite ubushobozi bwo kuba bakwibonera ibyo bikoresho.

Nyuma yo gusoma Misa, Munsenyeri n’itsinda ryari rimuherekeje basuye abarwayi mu rwego rwo kubereka urukundo babaha amasakaramento ry’abarwayi, basiga n’inkunga y’ibiribwa, inkweto, imyambaro n’ibikoresho by’isuku bifite agaciro ka miliyoni 15,471,500 Frw.

Munsenyeri Ntivuguruzwa Bartazar, ubwo yahabwaga impano n’Umuyobozi w’Igororero rya Nyanza SSP Alex Murenzi mu izina ry’abagororerwa muri iryo gororero.
Abagororerwa mu Igororero rya Nyanza bishimiye uruzinduko rwa Munsenyeri Bartazar.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

4 weeks ago

This website uses cookies.