Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abana babana n’ababyeyi babo mu Igororero rya Nyarugenge beretswe urukundo mu cyumweru cyahariwe umunsi w’umwana w’umunyafurika

Ni ibirori byitabiriwe na Komisiri Mukuru wungirije w’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora RCS, DCG Rose Muhisoni, ndetse n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye aribo Rwanda Bridges to Justice na SIMPO Technologies, mu rwego rwo kwereka abana urukundo no guha agaciro uburenganzira bwabo. Uyumunsi wabayeho  biturutse ku burengazira bwa bamwe mu bana baharaniraga uburenganzira bwabo bwahutajwe bakavutswa ubuzima muri Afurika y’epfo mu 1976.

Umwana uri mu igororero ahabwa uburenganzira nk’abandi bana bose akabona ibimugenewe ndetse akanigishwa amasomo atandukanye bijyanye n’imyaka ye. Abana babana n’ababyeyi babo mu Igororero bataruzuza Imyaka itatu (3) y’ubukure bigira mu marererero yashyizwe ku magororero agororerwamo abagore; abakuze nabo bari mu igororero ry’abana riri I Nyagatare biga mu mashuri asanzwe bakanakora ibizamini bya Leta.

Umwana aboneka mu Igororero ku mpamvu zitandukanye zirimo kuba umubyeyi we yakoze icyaha agahabwa igihano kimujyana mu Igororero atwite cyangwa yonsa umwana utaruzuza Imyaka itatu (3) kuko amategeko n’amabwiriza abyemwemera; hari kandi Igororero ry’abana aho abana bari hagati y’imyaka cumi n’ine na cumi n’umunani (14-18) bakoze icyaha gihanwa n’amategeko bagororerwa bigishwa banafashwa kureka no kuzinukwa ibyaha kugirango bazigirire akamaro mu buzima bwabo

Umunsi mukuru w’umwana w’umunyafurika uyumwaka wahariwe icyumweru cyose guhera taliki 16 Kamena 2024, wizihirijwe mu magororero yose arimo abana baba abato babana n’ababyeyi babo n’abagororerwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare.

Abana baba bishimye nk’abandi bana bose bari mu buzima busanzwe kuko bitabwaho.
Mu bitabiriye uyu munsi harimo abafatanyabikorwa ba RCS aribo Rwanda Bridges to Justice na SIMPO Technologies.
Abakozi b’Igororero rya Nyarugenge nabo bitabiriye ibi birori.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.