Categories: Amakuru ya RCSSlider

Abana babana n’ababyeyi babo mu Igororero rya Nyarugenge beretswe urukundo mu cyumweru cyahariwe umunsi w’umwana w’umunyafurika

Ni ibirori byitabiriwe na Komisiri Mukuru wungirije w’Urwego rw’u Rwanda Rushinzwe Igorora RCS, DCG Rose Muhisoni, ndetse n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye aribo Rwanda Bridges to Justice na SIMPO Technologies, mu rwego rwo kwereka abana urukundo no guha agaciro uburenganzira bwabo. Uyumunsi wabayeho  biturutse ku burengazira bwa bamwe mu bana baharaniraga uburenganzira bwabo bwahutajwe bakavutswa ubuzima muri Afurika y’epfo mu 1976.

Umwana uri mu igororero ahabwa uburenganzira nk’abandi bana bose akabona ibimugenewe ndetse akanigishwa amasomo atandukanye bijyanye n’imyaka ye. Abana babana n’ababyeyi babo mu Igororero bataruzuza Imyaka itatu (3) y’ubukure bigira mu marererero yashyizwe ku magororero agororerwamo abagore; abakuze nabo bari mu igororero ry’abana riri I Nyagatare biga mu mashuri asanzwe bakanakora ibizamini bya Leta.

Umwana aboneka mu Igororero ku mpamvu zitandukanye zirimo kuba umubyeyi we yakoze icyaha agahabwa igihano kimujyana mu Igororero atwite cyangwa yonsa umwana utaruzuza Imyaka itatu (3) kuko amategeko n’amabwiriza abyemwemera; hari kandi Igororero ry’abana aho abana bari hagati y’imyaka cumi n’ine na cumi n’umunani (14-18) bakoze icyaha gihanwa n’amategeko bagororerwa bigishwa banafashwa kureka no kuzinukwa ibyaha kugirango bazigirire akamaro mu buzima bwabo

Umunsi mukuru w’umwana w’umunyafurika uyumwaka wahariwe icyumweru cyose guhera taliki 16 Kamena 2024, wizihirijwe mu magororero yose arimo abana baba abato babana n’ababyeyi babo n’abagororerwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare.

Abana baba bishimye nk’abandi bana bose bari mu buzima busanzwe kuko bitabwaho.
Mu bitabiriye uyu munsi harimo abafatanyabikorwa ba RCS aribo Rwanda Bridges to Justice na SIMPO Technologies.
Abakozi b’Igororero rya Nyarugenge nabo bitabiriye ibi birori.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

6 days ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

2 weeks ago

Abakozi ba RCS bari mu butumwa bw’amahoro bifatanyije n’abandi Banyarwanda Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994

Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…

2 weeks ago

Umwanditsi Yolande Mukagasana yamuritse Igigitabo yise “Umurage w’urubyiruko” imbere y’abagororwa

Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…

3 weeks ago

Umunyamabanga w’Urukiko Mpuzamaha rwa IRMCT yakiriwe ku Biro Bikuru bya RCS mu ruzinduko rwakazi arimo

Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…

3 weeks ago

Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu yasuye abakora imirimo nsimburagifungo

Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…

1 month ago

This website uses cookies.