Ni umuhango witabiriwe na Komiseri Mukuru wungirije wa RCS DCGP Rose Muhisoni, Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Murekatete Juliet, inzego zitandukanye z’umutekano ndetse na bamwe mu babyeyi b’abana bahawe amasakaramentu bagororerwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, baturutse mu turere dutandukanye baje kwifatanya nabo, mu nzira nziza yo kwiyegurira Imana.
Komiseri mukuru wungirije wa RCS, DCGP Rose Muhisoni yashimye ubufatanye Kiliziya Gatorika idahwema kugaragariza RCS, mubikorwa bitandukanye byo kugorora, asaba abana kubyaza umusaruro amahirwe bahabwa yo kwiga imyuga.
Yagize ati” Ndashimira Kiliziya Gatorika cyane Diyosezi ya Byumba idahwema gufatanya natwe mubikorwa bitandukanye byo kwita kubana bagororerwa mu Igororero ry’Abana rya Nyagatare, ndashimira kandi Nyiricyubahiro Munsenyeri waje kwifatanya natwe muguha abana Noheri no kubifuriza umwaka mushya, nshimira kandi inzego zitandukanye ziri hano uyumunsi, ndasaba kandi abana mwese murihano kubyaza umusaruro amahirwe mwahawe yo kwiga imyuga itandukanye kuzayakoresha neza kuko izabafasha kwiteza imbere bikabarinda gusubira mubyaha nimusoza ibihano.”
Nyiricyubahiro Musenyeri Papias Musengamana, yasabye abana kureka ibyaha bakiyegurira Imana, bakarangwa na roho nzima, ababwira ko baje kubasangiza noheri no kubifuriza Umwaka mushya muhire wa 2024, asaba ababyeyi badasura abana babo kujya babasura.
Yagize ati” Twifuje gusangira n’abana noheri n’umwaka mushya muhire, nkuko biri munshingano zacu z’ikenura bushyo, si gahunda nshya kuko dusanzwe dukorana ibikorwa bitandukanye bya RCS, ibi aba ari uburyo bwo guha abana Noheri nkuko n’abandi bana baba barayihawe, gusa hari ikibazo kimaze kugaragara kenshi ku bana batajya basurwa, turasaba ababyeyi bafite abana bari mu Igororero kujya babasura bakabereka urukundo kuko aribyo bifasha umwana guhinduka kuko aba abona ko yitaweho, tugiye kubishyira muri gahunda amadiyosezi yose azajye afata igihe ajye gusura abana badasurwa, kuko bifasha abana kubona ko bitaweho, amasakaramentu twabahaye arimo aya batisimu, kubatizwa no gukomezwa ni ayo kugira ngo mukomeze kugira roho nzima mwirinda ibyaha, mugomba kuzava hano mwarahindutse mufite imico myiza.”
Mugusoza abana bahawe bimwe mu bikoresho by’isuku bitandukanye byatanzwe na Cartas Diyosezi ya Byumba, bibafasha mu buzima bwa burimunsi, babaha na za bibiliya ziri mundimi zitandukanye bazajya bifashisha basoma ijambo ry’Imana.
Kugeza ubu Igororero ry’abana rya Nyagatare ririmo abana bahagororerwa 539 harimo ab’igitsinagabo 504 ab’igitsinagabo 35 ndetse n’abakuru 93 babafasha mu mirimo ikomeye harimo n’abarimu bigisha amasomo atandukanye bafatanyije na bamwe mu bakozi b’Igororero.
Ni umuhango witabiriwe n’inzego zitandukanye zirimo n’izubuyobozi bwite bwa Leta.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.