Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Munsenyeri Amooti Rusengo, yanejejwe n’isuku yasanze mu Igororero rya Nyarugenge mu ivugabutumwa yahakoreye

Umushumba w’Itorero Angilikani mu Rwanda (EAR) Diyosezi ya Kigali, Nyiricyubahiro Musenyeri Nathan Amooti Rusengo, n’itsinda barikumwe bashimishijwe n’isuku basanze mu Igororero rya Nyarugenge ndetse no kubagororwa bahagororerwa mu ivugabutumwa bahakoreye, anabizeza ubufasha kuri bimwe mu bikoresho by’aho basengera.

Share this Post

Nyiricubahiro Musenyeri Nathan Amooti Rusengo, akigera ku Igororero yatunguwe n’isuku yasanze ku Igororero rya Nyarugenge ndetse no ku bagororwa bahagororerwa, anezezwa n’Igikorwaremezo kimaze kuhagezwa cy’umuhanda wa kaburimbo, asiga abemereye ubufasha bw’intebe aho basengera mu rwego rwo kurushaho gutuma ahantu hitiriwe izina ry’Imana hakomeza gusa neza.   

Abitabiriye ivugabutumwa bigishijwe ijambo ry’Imana na Nyiricyubahiro Musenyeri Rusengo Amooti, abasaba gukomeza gukizwa no kwirinda ibyaha nubwo bari mu Igororero, kuko hari n’abandi bizera bibiliya ivuga barimo ba Pawulo, banyuze mu bihe nk’ibyo barimo bagakomeza guhamya kwizera kandi igihe cyaje kugera bahasohokana ubuhamya ko Imana ntakiyinanira ahubwo aba ari ukugira ngo igaragaze gukomera kwayo.

Abitabiriye amateraniro banejejwe n’ubutumwa bagishijwe n’umushumba wa Anglican Diyosezi ya Kigali, kubw’amagambo meza abakomeza imitima bumvise azababera inkomezi y’uregendo rw’ubuzima barimo kandi bakaba banasobanukiwe ko byose bibaho kubw’umugambi w’Imana hari isomo iba ishaka kukwigisha, bisaba kumenya uko witwara muri urwo rugendo ugakomeza guhamya kwemera.

Nyuma yo kwigishwa ijambo ry’Imana habayeho umuhango w’idini wo gukomeza abagororwa bagera kuri 75 ndetse basangira igaburo ryera nkuko bikorwa mu nsengero zitandukanye abakirisito bakarihabwa n’abashumba b’amatorero.

Nyiricubahiro Musenyeri Nathan Rusengo Amooti, yasabye abari mu Igororero gukomeza gukizwa kuko ataribo bambere baba baciye muri ibyo bihe.
Hari abagororwa bagera kuri 75 bakorewe umuhango wo gukomezwa na Nyiricubahiro Musenyeri Amooti Rusengo.
No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form