Categories: Amakuru ya RCSSlider

Mu magarorero yose mugihugu bizihije umunsi mukuru w’Intwari bibutswa ibiranga intwari

Ni muri urwo rwego n’abari mu magororero atandukanye mugihugu hose, nabo bizihiza uyumunsi nk’abandi Banyarwanda bose, aho mu Igororero rya Rwamagana abahagororerwa, bizihije uyumunsi mu buryo bwatunguye benshi bakora akarasisi nk’aki ingabo bagaragaza uburyo ingabo zagize uruhare rukomeye mukubohora iki gihugu bikaba aribyo bituma hari iterambere rifatika ryishimirwa na burimunyarwanda wese ndetse n’abanyamahanga.

Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana SP Alain Gilbert Mbarushimana, yabwiye Imfungwa n’Abagororwa bahagororerwa  ko bakwiriye kurangwa ‘ibikorwa by’ubutwari.

Yagize ati” buriwese uri hano ndamusaba kurangwa n’ibikorwa by’ubutwari, intwari irangwa n’ibikorwa byiza, nta ntwari ikora ibibi, ntamuntu udashobora kuba intwari yabishatse, ariko akakanya turashimira intwari zitangiye urwanda zikarubohora, nkaba nsaba kandi buriwese kujya arangwa n’umuco wo gushima.

Yakomeje ababwira ko kuba intwari hari aho bisaba kugira ibyo wigomwa ukareka kwikunda ndetse byaba na ngombwa ukitangira abandi, ikindi ukarangwa n’ukuri n’ubunyangamugayo mubyo ukora byose, buriwese rero arasabwa kugira umuco w’ubutwari bwo gushimira abitanze kugira ngo u Rwanda rube rumeze neza nkuko rumeze ubu.

Umunsi w’intwari wizihizwa uyumunsi taliki ya 01 Gashyantare 2024, wizihijwe kunshuro ya 30, nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, aho habayeho gahunda zitandukanye cyane z’ubumwe n’ubwiyunge byatumye igihugu gikura impande zose.

Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana yabwiye abitabiriye umunsi mukuru w’intwari bari mu Igororero ko ubutwari bujyana n’ibikorwa byiza.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.