Ni muri urwo rwego n’abari mu magororero atandukanye mugihugu hose, nabo bizihiza uyumunsi nk’abandi Banyarwanda bose, aho mu Igororero rya Rwamagana abahagororerwa, bizihije uyumunsi mu buryo bwatunguye benshi bakora akarasisi nk’aki ingabo bagaragaza uburyo ingabo zagize uruhare rukomeye mukubohora iki gihugu bikaba aribyo bituma hari iterambere rifatika ryishimirwa na burimunyarwanda wese ndetse n’abanyamahanga.
Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana SP Alain Gilbert Mbarushimana, yabwiye Imfungwa n’Abagororwa bahagororerwa ko bakwiriye kurangwa ‘ibikorwa by’ubutwari.
Yagize ati” buriwese uri hano ndamusaba kurangwa n’ibikorwa by’ubutwari, intwari irangwa n’ibikorwa byiza, nta ntwari ikora ibibi, ntamuntu udashobora kuba intwari yabishatse, ariko akakanya turashimira intwari zitangiye urwanda zikarubohora, nkaba nsaba kandi buriwese kujya arangwa n’umuco wo gushima.
Yakomeje ababwira ko kuba intwari hari aho bisaba kugira ibyo wigomwa ukareka kwikunda ndetse byaba na ngombwa ukitangira abandi, ikindi ukarangwa n’ukuri n’ubunyangamugayo mubyo ukora byose, buriwese rero arasabwa kugira umuco w’ubutwari bwo gushimira abitanze kugira ngo u Rwanda rube rumeze neza nkuko rumeze ubu.
Umunsi w’intwari wizihizwa uyumunsi taliki ya 01 Gashyantare 2024, wizihijwe kunshuro ya 30, nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, aho habayeho gahunda zitandukanye cyane z’ubumwe n’ubwiyunge byatumye igihugu gikura impande zose.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.