Ni muri urwo rwego n’abari mu magororero atandukanye mugihugu hose, nabo bizihiza uyumunsi nk’abandi Banyarwanda bose, aho mu Igororero rya Rwamagana abahagororerwa, bizihije uyumunsi mu buryo bwatunguye benshi bakora akarasisi nk’aki ingabo bagaragaza uburyo ingabo zagize uruhare rukomeye mukubohora iki gihugu bikaba aribyo bituma hari iterambere rifatika ryishimirwa na burimunyarwanda wese ndetse n’abanyamahanga.
Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana SP Alain Gilbert Mbarushimana, yabwiye Imfungwa n’Abagororwa bahagororerwa ko bakwiriye kurangwa ‘ibikorwa by’ubutwari.
Yagize ati” buriwese uri hano ndamusaba kurangwa n’ibikorwa by’ubutwari, intwari irangwa n’ibikorwa byiza, nta ntwari ikora ibibi, ntamuntu udashobora kuba intwari yabishatse, ariko akakanya turashimira intwari zitangiye urwanda zikarubohora, nkaba nsaba kandi buriwese kujya arangwa n’umuco wo gushima.
Yakomeje ababwira ko kuba intwari hari aho bisaba kugira ibyo wigomwa ukareka kwikunda ndetse byaba na ngombwa ukitangira abandi, ikindi ukarangwa n’ukuri n’ubunyangamugayo mubyo ukora byose, buriwese rero arasabwa kugira umuco w’ubutwari bwo gushimira abitanze kugira ngo u Rwanda rube rumeze neza nkuko rumeze ubu.
Umunsi w’intwari wizihizwa uyumunsi taliki ya 01 Gashyantare 2024, wizihijwe kunshuro ya 30, nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, aho habayeho gahunda zitandukanye cyane z’ubumwe n’ubwiyunge byatumye igihugu gikura impande zose.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.