Categories: Amakuru ya RCSSlider

Mu magarorero yose mugihugu bizihije umunsi mukuru w’Intwari bibutswa ibiranga intwari

Ni muri urwo rwego n’abari mu magororero atandukanye mugihugu hose, nabo bizihiza uyumunsi nk’abandi Banyarwanda bose, aho mu Igororero rya Rwamagana abahagororerwa, bizihije uyumunsi mu buryo bwatunguye benshi bakora akarasisi nk’aki ingabo bagaragaza uburyo ingabo zagize uruhare rukomeye mukubohora iki gihugu bikaba aribyo bituma hari iterambere rifatika ryishimirwa na burimunyarwanda wese ndetse n’abanyamahanga.

Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana SP Alain Gilbert Mbarushimana, yabwiye Imfungwa n’Abagororwa bahagororerwa  ko bakwiriye kurangwa ‘ibikorwa by’ubutwari.

Yagize ati” buriwese uri hano ndamusaba kurangwa n’ibikorwa by’ubutwari, intwari irangwa n’ibikorwa byiza, nta ntwari ikora ibibi, ntamuntu udashobora kuba intwari yabishatse, ariko akakanya turashimira intwari zitangiye urwanda zikarubohora, nkaba nsaba kandi buriwese kujya arangwa n’umuco wo gushima.

Yakomeje ababwira ko kuba intwari hari aho bisaba kugira ibyo wigomwa ukareka kwikunda ndetse byaba na ngombwa ukitangira abandi, ikindi ukarangwa n’ukuri n’ubunyangamugayo mubyo ukora byose, buriwese rero arasabwa kugira umuco w’ubutwari bwo gushimira abitanze kugira ngo u Rwanda rube rumeze neza nkuko rumeze ubu.

Umunsi w’intwari wizihizwa uyumunsi taliki ya 01 Gashyantare 2024, wizihijwe kunshuro ya 30, nyuma ya Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka wa 1994, aho habayeho gahunda zitandukanye cyane z’ubumwe n’ubwiyunge byatumye igihugu gikura impande zose.

Umuyobozi w’Igororero rya Rwamagana yabwiye abitabiriye umunsi mukuru w’intwari bari mu Igororero ko ubutwari bujyana n’ibikorwa byiza.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.