Muri uru ruzinduko hari hagamijwe gusura no kugenzura ibikorwa by’mirimo y’inyubako zirimo kubakwa mu rwego rwo kurushaho kunoza inshingano RCS ifite zo kwita ku mibereho myiza y’abagororwa n’abantu bafunzwe.
Hasuwe inyubako zo kwagura Igororero rya Rwamagana, iz’ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro zo zarangiye, zikaba zigirwamo n’abagororwa mu rwego rwo kubaha impamba y’ubumenyi igihe basoje ibihano bakatiwe n’inkiko bikazabafasha kwibeshaho neza.
Minisitiri Dr Vicent Biruta n’abo bari kumwe basuye kandi ishuri ry’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS riherereye muri aka karere ka Rwamagana. Aha na ho yeretswe ibikorwa by’iri shuri harimo n’inyubako nshya zimaze kuzura n’izirimo kubakwa mu rwego rwo kurushaho kunoza umwuga mu kugorora.
Aba bashyitsi basuye kandi banishimira ibikorwamishinga RCS ifite mu Karere ka Rwamagana aharimo kubakwa inyubako zizajya zibamo abagororwa basigaje igihe gito ku bihano bahawe n’inkiko bategurwa gusubira mu buzima busanzwe muri gahunda yiswe mu ndimi z’amahanga “Half Way Home Social Reintegration centre”.
Minisitiri Dr Biruta Vicent yanaganiriye n’abayobozi bashinzwe gushyira mu bikorwa ibi byose maze bamugezaho bimwe mu bibazo bibagoye bikeneye ubufasha maze abagira inama.
Minisitiri Biruta yagaragarijwe igishushanyombonera cy’ibikorwa byose biteganyijwe.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.