Komiseri Janet, akigera ku Igororero rya Nyanza, yasobanuriwe byinshi bijyanye na gahunda zo kugorora abagore bagororerwa muri iryo gororero, hibandwa cyane ku myuga itandukanye bigishwa babategura gusubira mubuzima busanzwe, aho yasuye abagore bigira iyo myuga akibonera n’amaso ye ibyo biga atari mumagambo nkuko yabanje kubisobanurirwa ndetse nabiga iyo myuga ubwabo bakamwihera ubuhamya bwuko uko umwuga barikwiga ari ingenzi kuko benshi baba baraje gukora ibihano by’ibyaha bakoze kubera ko nta mwuga wabafasha kwibeshaho bazi.
Muri urwo ruzinduko yagiriye I Nyamagabe, yasuye abana bato babana n’ababyeyi babo, ashimishwa n’uko abana bitabwaho, bagahabwa uburere nk’abandi bana bose, aho bigishwa amasomo y’ibanze yigishwa abana bato, nk’abandi bana bose bari mubuzima busanzwe bagahabwa n’ibyo umwana wese akenera, ibi bikaba bibafasha umwana mumikurire ye ndetse agatekereza neza ntiyumve ko ubuzima arimo hari ikidasanzwe kubera uburyo bitabwaho.
Nyuma yogusoza gusura Igororero rya Nyamagabe yakomereje mu ngoro y’amateka y’abami I Nyanza mu Rukari, asura ibice bibumbatiye amateka y’abami byaranze ingoma ya cyami, ashimira u Rwanda rwashizeho gahunda yo gusigagira amateka kuko ari ingenzi.
Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…
Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…
Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…
Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…
Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…
Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…
This website uses cookies.