Categories: Amakuru ya RCSSlider

komiseri w’amagereza muri Seychelles, yasuye Igororero ry’abagore rya Nyamagabe anezezwa n’uburyo abana bitabwaho

Komiseri Janet, akigera ku Igororero rya Nyanza, yasobanuriwe byinshi bijyanye na gahunda zo kugorora abagore bagororerwa muri iryo gororero, hibandwa cyane ku myuga itandukanye bigishwa babategura gusubira mubuzima busanzwe, aho yasuye abagore bigira iyo myuga akibonera n’amaso ye ibyo biga atari mumagambo nkuko yabanje kubisobanurirwa ndetse nabiga iyo myuga ubwabo bakamwihera ubuhamya bwuko uko umwuga barikwiga ari ingenzi kuko benshi baba baraje gukora ibihano by’ibyaha bakoze kubera ko nta mwuga wabafasha kwibeshaho bazi.

Muri urwo ruzinduko yagiriye I Nyamagabe, yasuye abana bato babana n’ababyeyi babo, ashimishwa n’uko abana bitabwaho, bagahabwa uburere nk’abandi bana bose, aho bigishwa amasomo y’ibanze yigishwa abana bato, nk’abandi bana bose bari mubuzima busanzwe bagahabwa n’ibyo umwana wese akenera, ibi bikaba bibafasha umwana mumikurire ye ndetse agatekereza neza ntiyumve ko ubuzima arimo hari ikidasanzwe kubera uburyo bitabwaho.

Nyuma yogusoza gusura Igororero rya Nyamagabe yakomereje mu ngoro y’amateka y’abami I Nyanza mu Rukari, asura ibice bibumbatiye amateka y’abami byaranze ingoma ya cyami, ashimira u Rwanda rwashizeho gahunda yo gusigagira amateka kuko ari ingenzi.

Mbere yo gusura ibikorwa bitandukanye ku Igororero rya Nyamagabe, babanje gusobanurirwa ibikorwa bitandukanye bihakorerwa.
Komiseri w’amagereza muri Seychelles Janet Georges, yashimishijwe nuko abana babana n’ababyeyi babo bitabwaho mu Igororero.
Yasuye abagororwa bari kwiga Imyuga itandukanye izabafasha basoje ibihano basubiye mubuzima busanzwe.
Hari benshi bahigira gukora imitako n’ibindi bikoresho bikorwa n’amaboko, bakabigiriramo inyungu kuko iyo bigurishijwe hari inyungu babonamo.
Yishimiye uko abana bitabwaho nkuko abandi bana bo hanze bari mubuzima busanzwe bitabwaho.
Asoje uruzinduko ku Igororero rya Nyamagabe yafashe ifoto y’urwibutso arikumwe na Komiseri Mukuru wa RCS, n’abakozi b’igororero rya Nyamagabe.
Komiseri w’amagereza muri Seychelles Janet Georges, aherekejwe na komiseri Mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi, yasuye Ingoro y’amateka yabami mu Rukari anezezwa nuko u Rwanda rusigasira umucyo warwo.
Ugiye kwinjira aho Umwami yabaga abanza guhabwa amabwiriza y’uko bigenda mbere yo kwinjira.
Aha bari bagiye kwinjira mu ngoro y’Umwani aho naho ubanza guhabwa amabwiriza mbere yo kwinjira.
Aha ni mu Ngoro imbere basobanurirwa amateka n’ubuzima butandukanye bwarangaga umwami.
Yanejejwe n’ubwoko bw’inka z’Inyambo zabarizwaga ibwami, nubu zikihaba n’ikimenyetso cy’umuco.
Yeretswe bimwe mu bikoresho gakondo bya kera Abanyarwanda bakoreshaga harimo n’urusyo.
Aha bari basoje gusura Ingoro y’umwami mu Rukari iherereye mu Karere ka Nyanza.
Innocent NIRINGIYIMANA

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.