Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Dr Vincent Biruta yasuye ibikorwa bitandukanye bya RCS biherereye i Rwamagana

Dr Vincent Biruta; Minisitiri w'Umutekano mu Gihugu, kuri uyu wa Gatanu 27 Nzeri 2024, yagiye mu Karere ka Rwamagana aharekejwe na Komiseri Mukuru wungirije wa RCS, DCG Rose Muhisoni n’Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana basura ibikorwa bitandukanye bya RCS, birimo iby’igororero, ishuri rya RCS Training school n’inyubako zizajya zakira abitegura gusoza ibihano byabo bagiye gusubira mubuzima busanzwe.

Share this Post

Muri uru ruzinduko hari hagamijwe gusura no kugenzura ibikorwa by’mirimo y’inyubako zirimo kubakwa mu rwego rwo kurushaho kunoza inshingano RCS ifite zo kwita ku mibereho myiza y’abagororwa n’abantu bafunzwe.
Hasuwe inyubako zo kwagura Igororero rya Rwamagana, iz’ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro zo zarangiye, zikaba zigirwamo n’abagororwa mu rwego rwo kubaha impamba y’ubumenyi igihe basoje ibihano bakatiwe n’inkiko bikazabafasha kwibeshaho neza.
Minisitiri Dr Vicent Biruta n’abo bari kumwe basuye kandi ishuri ry’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS riherereye muri aka karere ka Rwamagana. Aha na ho yeretswe ibikorwa by’iri shuri harimo n’inyubako nshya zimaze kuzura n’izirimo kubakwa mu rwego rwo kurushaho kunoza umwuga mu kugorora.
Aba bashyitsi basuye kandi banishimira ibikorwamishinga RCS ifite mu Karere ka Rwamagana aharimo kubakwa inyubako zizajya zibamo abagororwa basigaje igihe gito ku bihano bahawe n’inkiko bategurwa gusubira mu buzima busanzwe muri gahunda yiswe mu ndimi z’amahanga “Half Way Home Social Reintegration centre”.
Minisitiri Dr Biruta Vicent yanaganiriye n’abayobozi bashinzwe gushyira mu bikorwa ibi byose maze bamugezaho bimwe mu bibazo bibagoye bikeneye ubufasha maze abagira inama.

Minisitiri Biruta yagaragarijwe igishushanyombonera cy’ibikorwa byose biteganyijwe.

No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form