Categories: Amakuru ya RCS

Minisitiri w’Umutekano Harerimana Musa Fazil yasabye abacungagereza bashya gusohoza neza inshingano zabo bagorora uko bikwiye, kuko iyo banyuranyije nabyo bibagiraho ingaruka zo gufatanya nabo igifungo.

Abacungagereza bato 127 basoje amasomo abinjiza mu kazi, ku wa Gatanu tariki ya 5 Kanama 2016.

Minisitiri Fazil yabibukije ko bagomba kubahiriza inshingano zikomeye bahawe n’igihugu.

Ati “ Inshingano z’umucungagereza ni ukugorora,[…] Ni amahitamo ashaka yuko mutandukana buri gihe n’abo muri kugorora, mugahuzwa n’Ubunyarwanda, mugahuzwa n’impuhwe zituma mubasha kubagarura mu muco mwiza, mu burere bwiza no mu ndangagaciro nyarwanda”.

Fazil yakomeje abereka ko bataranzwe no kwigengesera no kwitwararika mu kazi kabo, kugira ngo abo bagorora bitabanduza, bishobora kubagiraho ingaruka zikomeye, zirimo kwisanga bambaye nk’abagororwa.

Ati “Byaba ari ikibazo kuba aho kugira ngo mubagorore, ahubwo bo babanduza, ugasanga umuntu wari ushinzwe kugorora nawe arafunzwe. Ugafata umuntu wakatiwe icyaha cya ruswa akanduza umucungagereza ku buryo na we afatirwa muri icyo cyaha akaza akagororwa kandi igihugu cyaramuteguriye kugorora.”

Ku bijyanye na ruswa, ugaragarwaho imyitwarire iteye amakenga ko yakiriye ruswa ubwe cyangwa binyujijwe ku wundi ahanishwa kwirukanwa kabone n’ubwo inkiko zaba zitarafata ibyemezo byazo, ariko abacungagereza bafatirwa muri ayo makosa nibake cyane nkuko bigaragara muburyo mubaha amahugurwa.

Arangiza asabako kugorora bigomba kugendana n’umusaruro kandi ababwirako ibyiza birimbere.

rcspet

Recent Posts

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

2 days ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

1 week ago

Abagororwa basaga 640 bashoje amahugurwa abategurira gusubira mu miryango yabo.

Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…

1 week ago

RCS ikomeje ubukangurambaga ku ikoreshwa rya E-Huza mu kwihutisha serivisi iha abayigana

Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…

2 weeks ago

Ibikorwa by’umusaruro ku Igororero rya Huye bitanga umusanzu ukomeye mu mibereho myiza y’abahagororerwa

Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…

3 weeks ago

RCS iri mubukangurambaga bwa E-Huza uburyo bushya koranabuhanga bwo koherereza abagororwa amafaranga

Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…

3 weeks ago

This website uses cookies.