Ni umuganda ngarukakwezi wari witabiriwe na Senateri Habineza Faustin na Depite Nirere Therese uvuka muri ako karere, Senateri Habineza yahawe umwanya maze abwira abitabiriye umuganda ko baje bahagarariye ihuriro rishinzwe guteza imbere imbereho y’abantu mu kwandika abana, anashishikariza abaturage kwandikisha abana bavutse bakanandukuza abantu bapfuye.
Umuyobozi w’intara y’amajyaruguru Mugabowagahunde Maurice, yasabye abaturage b’intara y’amajyaruguru ko bagomba kurangwa no kwirinda ruswa.
Yagize ati” Raporo y’ikigo cy’imiyoborere kumunsi w’ejo yagaragaje ko Akarere ka Musanze ari aka 29 mu turere 30, urumva ko dusa n’aho turi abanyuma, ibi bituruka muri serivisi mbi duha abaturage ari nabyo biganisha kuri ruswa, ikindi cyagaragaye mu ntara yacu ni ihohoterwa n’ubusinzi, ndabasaba kureka ruswa n’ubusinzi kuko ari ibituma iterambere ryacu risubira inyuma nkabasaba kandi kurangwa n’isuku mubyo mukora byose.”
Minisitiri Gasana nyuma y’umuganda nawe yaganirije abaturage bawitabiriye ababwira ko umusozi wa Mbwe wateweho ibiti bawushinze minisiteri y’umutekano abasaba ko ibyo biti byatewe babibungabunga.
Yagize ati” Ndagirango mbabwire ko uyu musozi twakozeho umuganda duteraho ibiti bawuduhaye munshingano, muzajya mutubona hano inshuro nyinshi, ndabasaba kuzabungabunga ibi biti twateye kuko iki ni ikigaragaza agaciro Leta y’u Rwanda iha agaciro ibiti, turasabwa kubyitaho neza mutera n’ibindi bivangwa n’imyaka n’iziribwa nk’imbuto, ndabasaba kandi kwicungira umutekano mutangira amakuru ku gihe kubyo mubona byawuhungabanya kandi ndabasaba gukaza amarondo, kandi n’abahungabanya umutekano nkuko abaturage babigaragaje harimo abajura, abahohotera n’abandi bakora ibikorwa bihungabanya umutekano mubireke kuko nimutabireka mugiye gufatirwa ingamba. Mbifurije kuzagira umwaka mwiza no kuzasoza umwaka neza.”
Ibikorwa by’umuganda ngarukakwezi ni gahunda Leta y’u Rwanda yashyizeho murwego rwo kwishakamo ibisubizo abaturage abaturage babigizemo uruhare ntangengo ya leta ikoreshejwe, aho bubakira abaturage batishoboye, gusana imihanda n’ibiraro n’ibindi bikorwa bitandukanye.
Abasura n’abasurwa ku magororero atandukanye hirya no hino mu gihugu, barishimira uburyo bushya koranabuhanga bwa…
Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…
Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…
Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…
Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
This website uses cookies.