Ni umuganda ngarukakwezi wari witabiriwe na Senateri Habineza Faustin na Depite Nirere Therese uvuka muri ako karere, Senateri Habineza yahawe umwanya maze abwira abitabiriye umuganda ko baje bahagarariye ihuriro rishinzwe guteza imbere imbereho y’abantu mu kwandika abana, anashishikariza abaturage kwandikisha abana bavutse bakanandukuza abantu bapfuye.
Umuyobozi w’intara y’amajyaruguru Mugabowagahunde Maurice, yasabye abaturage b’intara y’amajyaruguru ko bagomba kurangwa no kwirinda ruswa.
Yagize ati” Raporo y’ikigo cy’imiyoborere kumunsi w’ejo yagaragaje ko Akarere ka Musanze ari aka 29 mu turere 30, urumva ko dusa n’aho turi abanyuma, ibi bituruka muri serivisi mbi duha abaturage ari nabyo biganisha kuri ruswa, ikindi cyagaragaye mu ntara yacu ni ihohoterwa n’ubusinzi, ndabasaba kureka ruswa n’ubusinzi kuko ari ibituma iterambere ryacu risubira inyuma nkabasaba kandi kurangwa n’isuku mubyo mukora byose.”
Minisitiri Gasana nyuma y’umuganda nawe yaganirije abaturage bawitabiriye ababwira ko umusozi wa Mbwe wateweho ibiti bawushinze minisiteri y’umutekano abasaba ko ibyo biti byatewe babibungabunga.
Yagize ati” Ndagirango mbabwire ko uyu musozi twakozeho umuganda duteraho ibiti bawuduhaye munshingano, muzajya mutubona hano inshuro nyinshi, ndabasaba kuzabungabunga ibi biti twateye kuko iki ni ikigaragaza agaciro Leta y’u Rwanda iha agaciro ibiti, turasabwa kubyitaho neza mutera n’ibindi bivangwa n’imyaka n’iziribwa nk’imbuto, ndabasaba kandi kwicungira umutekano mutangira amakuru ku gihe kubyo mubona byawuhungabanya kandi ndabasaba gukaza amarondo, kandi n’abahungabanya umutekano nkuko abaturage babigaragaje harimo abajura, abahohotera n’abandi bakora ibikorwa bihungabanya umutekano mubireke kuko nimutabireka mugiye gufatirwa ingamba. Mbifurije kuzagira umwaka mwiza no kuzasoza umwaka neza.”
Ibikorwa by’umuganda ngarukakwezi ni gahunda Leta y’u Rwanda yashyizeho murwego rwo kwishakamo ibisubizo abaturage abaturage babigizemo uruhare ntangengo ya leta ikoreshejwe, aho bubakira abaturage batishoboye, gusana imihanda n’ibiraro n’ibindi bikorwa bitandukanye.
Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…
Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…
Uyu munsi ku wa 07 Mata 2026, Abakozi b'Urwego rw'u Rwanda rushinzwe Igororora, RCS bari…
Kuri uyu wa 02 Mata 2026, ku Igororero rya Nyarugenge hamurikiwe igice cya mbere cy’igitabo…
Kuri uyu wa 01 Mata 2026, Bwana Abubacarr M. Tambadou, Umunyamabanga Mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga rwa…
Uyu munsi tariki ya 18 Werurwe 2026, intumwa za Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ziyobowe…
This website uses cookies.