Categories: Amakuru ya RCSSlider

Minisitiri Biruta nyuma yo gufungura ku mugaragaro ikigo gitegura abagororwa gusubira mu buzima busanzwe yabasigiye ubutumwa bukomeye

Iki kigo cyiswe ‘Rwamagana Social Reintegration Center’ gitangiranye n’abagororwa 250 b’abagore ariko kikaba kizakomeza kubakwa kuko kizaba gifite ubushobozi bwo kwakira abagore n’abago bagera ku 2500. Cyubatswe na Leta ndetse n’inkunga y’abafatanyabikorwa barimo ‘The Stirling Foundation na the Church of Jesus Christ of Latter-day.’

Komiseri mukuru wa RCS, CG Evariste Murenzi yasobanuye ko ibindi bigo nk’iki bizakomeza kubakwa mu zindi ntara mu rwego rwo gufasha abagororwa gusubira mu miryango yabo bisanga binyuze muri gahunda zizahatangirwa  zirimo “gutyaza no gushyira mu ngiro ubumenyingiro umugororwa yaherewe mu Igororero agatangira kubukoresha hanze y’igororero, kwigishwa kwihangira imirimo no guhuzwa n’abikorera na koperative hakurikijwe ubumenyi buri wese yahawe,  guhabwa amasomo y’uburere mboneragihugu no kugezwaho gagunda za Leta zigezweho bikozwe n’abayobozi batandukanye.”

CG Murenzi yongeyeho ko aba bagororwa “bazahabwa inyigisho z’ubujyanama ku birebana n’ubuzima bwo mu mutwe n’imibanire n’abandi, guhuzwa n’imiryango y’abo bakoreye ibyaha mu rwego rwo kubasaba imbabazi no kwiyunga, gutanga ubuhamya ku bubi bw’icyaha, ndetse no guhuzwa n’imiryango yabo aho bazajya bajya gusura imiryango iwabo.”

Mu Ijambo rya Minisitiri Biruta yashimiye abaterankunga b’iki gikorwa ndetse aha n’impanuro abagororwa baje muri iki kigo. Yagize ati “icyo mbasaba nuko iyi gahunda mwateguriwe muzayikoresha neza mwitegura gusubira mu miryango yanyu, ntabwo twifuza ko abanyuze mu Igororero tuzongera kubabona bagarutse.”

Minisitiri w’umutekano mu Gihugu Dr. Vincent Biruta.

Abaterankunga b’icyi gikorwa barimo ‘The Stirling Foundation na the Church of Jesus Christ of Latter-day’ bashimiye Minisiteri y’umutekano mu Gihugu na RCS kuba baratanze icyerekezo cyatumye iki gikorwa kigenda neza kandi ko batewe ishema na gahunda zizajya zikorerwa muri iki kigo ko zizabafasha abagororwa kongera kugira indangagaciro no kugarurirwa icyizere mu muryango nyarwanda.

 Icyiciro kirangiye ni icya mbere gitwaye amafaranga y’u Rwanda angana na 1,251,053,619 hakazakurikiraho icyiciro cya Kabiri n’icya gatatu bizatwara andi angana na 3,642,082,421Frw.

Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

2 hours ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

2 weeks ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

3 weeks ago

Uruganda rukora amasafuriya mu Igororero rya Huye rufatiye runini amagororero yose y’Igihugu

Igororero rya Huye ni rimwe mu magororero afite amwihariko ugereranyije n’andi, hashingiwe ku bikorwa biharangwa…

3 weeks ago

Imishinga migari ya RCS igamije kugabanya insubiracyaha no guteza imbere abagororwa

Superintendent Delano Evariste Nyagatare, umuhuzabikorwa w’imishinga mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora RCS, avuga ko…

4 weeks ago

Abagororwa n’abakozi ba RCS bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 07 Mata 2026, mu magororero yose yo mu Rwanda, abagororwa hamwe n’abakozi…

1 month ago

This website uses cookies.