CG Murenzi yibukije abaturage kwirinda amanyanga bakora bakazanira rwihishwa abagororwa ibitemewe birimo ibikoresho by’ikoranabuhanga n’ibiyobyabwenge n’ibindi bitandukanye bishobora guhungabanya umutekano w’igororero n’abari hanze yaryo.
Aba baturage bagaragarijwe ingaruka zikomeye zishobora gukomoka kuri telefone itunzwe n’umugororwa, ko bashobora kuzikoresha mu bikorwa by’iterabwoba ku bo basize bakoreye ibyaha, ubujura n’ibindi bishobora guhungabanya umutekano w’abantu n’uw’igihugu.
Yababwiye ko umuturage cyangwa umugororwa ufatanywe ibiyobyabwenge cyangwa ibindi byose bibujijwe mu igororero abihanirwa kuko binashobora kuvamo icyaha gihanwa n’amategeko.
CG Murenzi yasabye abagororwa kubahiriza amategeko n’amabwiriza bigenga Igororero. Yasobanuriye abaturage bari bari aho ko ushaka kugira icyo azanira umugororwa agihahira muri kantine y’Igororero, kandi ko n’ufite amafaranga yashaka kumusigira yajya ayacisha mu buryo bwashyizweho bwo kuyohereza ku ikoranabuhanga(Mobile Money)bukoreshwa na buri gororero ryose riri mu gihugu.
Abaturage basobaniriwe ibitemewe mu Igororero byose bahabwa n’umwanya batanga ibitekerezo nyuma batangira gusura abantu babo.
Abagororwa ndetse n’abaturage baje kubasura, bemereye Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora ko bafashe icyemezo cyo kureka burundu ibyo bikorwa bitemewe, kuko bumvise ingaruka mbi ziterwa nabyo.
Abagororwa bashimishijwe n’uruzinduko rwa Komiseri Mukuru wa RCS banamwizeza guca burundu ibitemewe mu igororero.
RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…
Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…
Kuri uyu wa 12 Kamena ku Igororero rya Nyamasheke, abagororwa 644 basoje amahugurwa y’ubumwe n’ubudaheranwa…
Kuri uyu wa gatandatu taliki 06 Kamena 2026, RCS n’atekenisiye ba E-Huza bakomereje ubukangurambaga mu…
Ibikorwa nyongeramusaruro bikorerwa ku magororero atandukanye y’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS ni bimwe mu…
Ku magororero ya Nyanza na Huye, kuri uyu wa gatandatu taliki 30 Gicurasi 2026, RCS…
This website uses cookies.