Categories: Amakuru ya RCSSlider

MIGEPROF yasuye RCS mu bukangurambaga bwo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Ni muri Gahunda Mpuzamahanga y’iminsi 16  iba buri mwaka yatangiye ku itariki 25 Ugushyingo 2025, aho u Rwanda rwifatanyije n’Isi yose mu kugaragaza uburemere bw’ihohotera rikorerwa abagore n’abakobwa, ingaruka zaryo ku muryango nyarwanda, no gushishikariza buri wese kugira uruhare mu kurikumira no kurirwanya, hagamijwe kubaka Umuryango Ushoboye kandi Utekanye.

Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora basobanuriwe ubwoko butandukanye bw’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’uburyo bunyuranye rikorwamo. Abitabiriye ikiganiro bibukijwe kwirinda kwigana imico y’ibindi bihugu kuko hari imwe n’imwe mu Rwanda ifatwa nk’ihohoterwa. Yabasabye kwirinda kuzagwa mu mutego wose wafatwa nk’ihohotera cyane ko akenshi bikorerwa ahihishe.  

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ku rwego rw’Isi iragira iti ““Dufatanye kurandura ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa hifashishijwe ikoranabuhanga.” Ni mugihe insanganyamatsiko y’Igihugu cyacu na yo igira iti “Twubake umuryango uzira ihohotera”

Ibi biganiro bibanze ku ngaruka z’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ku warikorewe n’igihugu muri rusange, uburyo bwa kuryirinda no kurirwanya, kwibutsa serivisi zitangwa na ‘Isange One Stop Center;’ urwego rushinzwe kurwanya ihohoterwa no gufasha abarikorewe, no kwibukiranya icyo amategeko  ateganya ku bikorwa by’ihohotera.

DCG Rose Muhisoni  wari mu bitabiriye iki kiganiro yashimiye Madame Mireille Batamuliza  ndetse na MIGEPROF yamuhisemo ngo ahugure abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora anasaba ko yazagaruka gutanga aya mahugurwa mu bindi bigo bitandukanye bya RCS.

Madame Mireille Batamuriza, Umunyamabanga Uhoraho muri MIGEPROF.
DCG Rose Muhisoni yashimiye MIGEPROF anasaba ko ubu bukangurambaga bwakomereza n’ahandi ku magororero.
Abayobozi batandukanye muri RCS bari bitabiriye ubu bukangurambaga.



Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora rwungutse abofisiye bashya 146

Mu birori byabereye ku Ishuri rya RCS riherereye mu Karere ka Rwamagana (RCS Traing School),…

1 week ago

Amapeti n’ibirango by’Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora

Amapeti n’ibirango by’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS), bishyirwaho n’Iteka rya Minisitiri w’Intebe nº 009/03…

2 weeks ago

Gusura uwawe uri mu igororero ni umusanzu ukomeye muri gahunda yo kugorora

Abagororwa mu magororero atandukanye bakomeje kugaragaza ikibazo cy’uko iyo bakatiwe n’inkiko igihano cy’igifungo cy’imyaka runaka…

3 weeks ago

Umwepisikopi wa Diyoseze ya Kabgayi yatanze amasakaramentu mu Igororero rya Muhanga

Mu gitambo cya Misa yaturiye mu Igororero rya Muhanga kuri iki cyumweru tariki ya 03…

4 weeks ago

Siporo ni ubuzima, siporo iturinda indwara zitandukanye – Abagororwa mu Igororero rya Rwamagana n’iry’abana rya Nyagatare

Politiki yo kugorora kuva yatangira gushyirwa mu bikorwa 2010, Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora, RCS…

1 month ago

Komiseri Wungirije wa RCS yitabiriye imurikwa ry’igitabo “Umurage w’Urubyiruko” mu Igororero rya Nyagatare

Kuri uyu wa 23 Mata 2026 mu Igororero ry’abana rya Nyagatare, habereye igikorwa cyo kumurika…

1 month ago

This website uses cookies.