Categories: Amakuru ya RCSSlider

MIGEPROF yasuye RCS mu bukangurambaga bwo kurwanya ihohotera rishingiye ku gitsina

Ni muri Gahunda Mpuzamahanga y’iminsi 16  iba buri mwaka yatangiye ku itariki 25 Ugushyingo 2025, aho u Rwanda rwifatanyije n’Isi yose mu kugaragaza uburemere bw’ihohotera rikorerwa abagore n’abakobwa, ingaruka zaryo ku muryango nyarwanda, no gushishikariza buri wese kugira uruhare mu kurikumira no kurirwanya, hagamijwe kubaka Umuryango Ushoboye kandi Utekanye.

Abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora basobanuriwe ubwoko butandukanye bw’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’uburyo bunyuranye rikorwamo. Abitabiriye ikiganiro bibukijwe kwirinda kwigana imico y’ibindi bihugu kuko hari imwe n’imwe mu Rwanda ifatwa nk’ihohoterwa. Yabasabye kwirinda kuzagwa mu mutego wose wafatwa nk’ihohotera cyane ko akenshi bikorerwa ahihishe.  

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ku rwego rw’Isi iragira iti ““Dufatanye kurandura ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa hifashishijwe ikoranabuhanga.” Ni mugihe insanganyamatsiko y’Igihugu cyacu na yo igira iti “Twubake umuryango uzira ihohotera”

Ibi biganiro bibanze ku ngaruka z’ihohoterwa rishingiye ku gitsina ku warikorewe n’igihugu muri rusange, uburyo bwa kuryirinda no kurirwanya, kwibutsa serivisi zitangwa na ‘Isange One Stop Center;’ urwego rushinzwe kurwanya ihohoterwa no gufasha abarikorewe, no kwibukiranya icyo amategeko  ateganya ku bikorwa by’ihohotera.

DCG Rose Muhisoni  wari mu bitabiriye iki kiganiro yashimiye Madame Mireille Batamuliza  ndetse na MIGEPROF yamuhisemo ngo ahugure abakozi b’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora anasaba ko yazagaruka gutanga aya mahugurwa mu bindi bigo bitandukanye bya RCS.

Madame Mireille Batamuriza, Umunyamabanga Uhoraho muri MIGEPROF.
DCG Rose Muhisoni yashimiye MIGEPROF anasaba ko ubu bukangurambaga bwakomereza n’ahandi ku magororero.
Abayobozi batandukanye muri RCS bari bitabiriye ubu bukangurambaga.



Felix NDAYAMBAJE

Recent Posts

Abana 11 bagororerwa mu Igororero rya Nyagatare basoje ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza

Uyu munsi kuwa 9 Nyakanga 2026 abana 11 bagorererwa mu Igororero ry’abana rya Nyagatare barangije…

4 days ago

Minisitiri Biruta yashimye ubwitange bwaranze abakozi ba RCS bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Uyu munsi taliki 29 Kamena 2026, Minisitiri w’umutekano mu gihugu Dr.Vincent Biruta yitabiriye umuhango wo…

2 weeks ago

Korali Ambassador of Christ yakoreye igiterane mu Igororero rya Nyarugenge

Kuri uyu wa 27 Kamena 2026, Korali Ambassador of Christ yasuye Igororero rya Nyarugenge aho…

2 weeks ago

RCS yibutse ku nshuro ya 32 abahoze ari abakozi b’amagereza bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Kuri uyu wa 24 Kamena 2026 Ku Rwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, Abakozi b'Urwego…

3 weeks ago

Abasura n’abagororwa ba b’amagororero ya Musanze na Rubavu baravuga ko E-Huza iziye igihe

RCS n’umufatanyabikorwa Rwanda brigde to Justice, bari mubukangurambaga bw’umushinga mushya w’ikoranabuhanga uzajya ufasha abasura n’abasurwa…

3 weeks ago

Abagororwa basaga 2700 bahamwe n’icyaha cya jenoside barishimira ko basoje amahugurwa.

Ku nyigisho bahawe na bamwe mu bayobozi bari bitabiriye umuhango wo gusoza amahugurwa y'ubumwe n'ubudaheranwa…

4 weeks ago

This website uses cookies.