Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Maj Gen (Rtd) David Tamba Minisitiri w’umutekano mu gihugu muri Sierra Leone, yasuye Igororero rya Nyanza

Minisitiri w’umutekano mu Gihugu wa Sierra Leone, Maj Gen (Rtd) David Tamba Ocil Taluva, aherekejwe na Komiseri Mukuru w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igororora RCS, CG Evariste Murenzi, yasuye Igororero rya Nyanza ririmo bamwe mubafungwa ba Politike bo muri icyo gihugu boherejwe na Loni bagirana ibiganiro.

Share this Post

Muri uru ruzinduko minisitri Tamba yagiriye ku Igororero rya Nyanza, rwari rugamije kumenya uko mu Rwanda bagorora no kureba abafungwa babo bohorejwe na Loni bahagororerwa baturutse muri Sierra Leone, yari akeneye kumenya imibereho yabo  kubw’amasezerano U Rwanda rwagiranye na Loni ko baharangiriza ibihano. abo bagororwa baje ari umunani (08), batatu (03) bagahabwa imbabazi na perezida w’icyo gihugu bagataha, undi umwe akaza gupfa atarasoza ibihano, ubu bakaba basigaye ari bane barigukora  ibihano byabo. Aba bane basabye minisitiri ko yabavuganira nabo bagahabwa imbabazi  bakarekurwa nabo, kuko bemeza ko bumva barahindutse ndetse barakosotse.

Mu biganiro bagiranye na Minisitiri Tamba, bashimye Leta y’u Rwanda uburyo ibitaho mu buzima bwa burimunsi, ko ntacyo babura kuko uburenganzira bwabo babuhabwa uko bikwiriye ko ntawe urenganywa cyangwa ngo yimwe serivisi iyariyo yose yaba akeneye, bavuga ko byari bikwiriye ko ariho baza kuko ari igihugu giha agaciro ikiremwamuntu muri rusange ko ntahandi wabona muri Afurika bari kwitabwaho nkuko bitaweho.

Minisitiri Tamba yabwiye abo banyamahanga bagororerwa mu Igororero rya Nyanza, yababwiye ko icyamugenzaga ari ugutsura umubano hagati y’ibihugu byombi hagati ya Minisiteri zombi z’umutekano cyane mu mikoranire mubyo kubaka ubushobozi bw’abakozi binyuze mu mahugurwa hagati ya Polisi n’urwego rw’U Rwanda rushinzwe Igorora RCS, kuko yasanze hari byinshi u Rwanda rwateyemo imbere.

Igororero rya Nyanza rifite umwihariko wo kwakira imfungwa n’abagororwa baba baramaze gukatirwa n’inkiko bari gukora ibihano by’ibyaha bakoze, aho ntamuntu uhafungirwa akiri muri gahunda zo kuburana.

Maj Gen (Rtd) David Tamba Ocil Taluva, Minisitiri w’umutekano mu Gihugu wa Sierra Leone, ubwo yakirwaga ku Igororero rya Nyanza.
Bagiranye ibiganiro bamutuma kuri Perezida Kubasabira imbabazi kuko bumva bagororotse.
Bafashe ifoto y’urwibutso barikumwe na Ministiri Tamba, CG Evariste Murenzi n’umuyobozi w’Igororero rya Nyanza SSP Alex Murenzi.
Minisitiri Tamba, CG Evariste Murenzi, umuvugizi wa RCS, CSP Therese Kubwimana, na Alex Murenzi, umuyobozi w’igororero rya Nyanza bafata ifoto y’urwibutso.
No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form