Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro

Ubutabera | Kugorora | Umutekano n’Umusaruro
Flash News

Madame Kayitesi Alice, yasuye Igororero rya Nyamagabe, muri gahunda yo kwegera abaturage

Kuri uyu wa 26 Nyakanga 2024, nibwo madame Kayitesi Alice uyobora Intara y’Amajyepfo yagiriye uruzunduko ku Igororero rya Nyamagabe, nk’uburyo bwo kumva ibibazo abaturage ayobora bafite.

Share this Post

Madame Kayitesi Alice, aherekejwe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe ndetse n’izindi nzego z’umutekano bakiriwe neza n’abagororwa mu mbyino n’indirimo zuje ubutumwa, ndetse banahabwa ikaze n’Ubuyobozi bw’Igororero rya Nyamagabe. Madame Kayitesi  Alice, yatemberejwe aho abagororwa bigira imyuga itandukanye, irimo: gutunganya imisatsi, kuboha, ndetse n’iyubuhinzi n’ubworozi. Ni imyuga izabafasha kwibeshaho neza mu gihe basubiye mu buzima busanzwe basoje ibihano. Yanasuye irerero ry’abana (ECD), ryita kubana bato bari kumwe n’ababyeyi babo mu igororero.

Mu izina ry’abagororwa bagenzi be, umugororwa uyobora abandi yavuze bimwe mu bibazo bahura nabyo, asaba ko ubuyobozi bwabibakemurira cyangwa bukabakorera ubuvugizi aho bukenewe. Muri ibyo bibazo harimo ibifitanye isano n’imiryango yabo nk’abana babo bata ishuri, imitungo yabo idakurikiranwa neza, ndetse n’abagororwa badafite ababo babitaho. Uyu mugororwa yanashimiye ko inzego z’ubuyobozi zibasura zikumva ibibazo byabo.

Mu ijambo Madame Kayitesi Alice yabagejejeho, yashimiye abagororwa ko bagaragaza imyitwarire myiza ndetse ko ibibazo byabo agiye kubikorera ubuvugizi, ibindi akabibakemurira. Yanashimiye ubuyobozi bw’Igororero ko bwuzuza inshingano z’abwo zo kugorora kuko badafunga abantu ahubwo babigisha bakagororoka.

Ntabwo ari ubwa mbere abayobozi basura abaturage babo bari mumagororero atandukanye, mu rwego rwo kubegera ngo bamenye ibibazo bafite n’uburyo babafasha kubikemura n’ibikeneye ubuvugizi bugakorwa.

Guverineri w’Intara y’Amjyepfo Madame Kayitesi Alice ndetse n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe basuye Igororero rya Nyamagabe baherekejwe n’inzego z’umutekano.
Madame Kayitesi Alice; Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, yaganirije abagororwa ku Igororero rya Nyamagabe.
Mu bwuzu bwinshi abagororwa ba Nyamagabe bamwakirije imbyino zibereye ijisho.
Abashyitsi batemberejwe aho abagororwa bigira imyuga itandukanye irimo no kuboha ibiseke.
Madame Kayitesi Alice n’abamuherekeje basuye ishuri ryita ku bana bato babana n’ababyeyi babo mu igororero.
No selected post

Kwibohora 30   "INTAMBWE MU NTEGO"

Contact Form